English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasuye Iwawa: Dore ingamba nshya zo gufasha urubyiruko zafashwe.

Kuri uyu waGatatu tariki ya 19 Gashyantare2025, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva, ari kumwe n’abayobozi batandukanye, basuye Ikigo Ngororamuco cya Iwawa. Icyo gikorwa cyari kigamije kureba uko urubyiruko ruharangiriza amasomo rushyirwa mu buzima busanzwe no kureba amahirwe yo kubafasha kubona imirimo.

Mu biganiro byabereye Iwawa, hagarutswe ku kamaro ko gufasha uru rubyiruko gukoresha ubumenyi bw’imyuga bahavanye, harimo ubuhinzi, ubwubatsi, ubudozi, n’ububaji. Hanashimangiwe uruhare rw’abikorera mu gutanga amahirwe y’akazi.

Abayobozi bagarutse no ku ruhare rw’imiryango mu kwakira neza uru rubyiruko, kugira ngo rudatakaza icyizere cy’ubuzima. Hanatanzwe inama ku gukoresha inguzanyo zitangwa na Leta n’ibigo by’imari, hagamijwe iterambere rirambye.

Iyi gahunda ni imwe mu ngamba za Leta zo kurwanya ikibazo cy’abana bo mu muhanda no gufasha urubyiruko kugira ejo hazaza heza.



Izindi nkuru wasoma

Minisitiri Thérèse Kayikwamba yasuye Perezida Ndayishimiye

Dore imyanzuro yafatiwe mu nama yahuje Abakuru b’Ibihugu bya EAC na SADC

Perezida Kagame yeretse Tshisekedi ingingo nshya yarangiza intambara ya Congo

Perezida Kagame mu biganiro n’Umuyobozi wa Komisiyo y’Ubutegetsi bwa Amerika

Icyo urubyiruko rwemereye AFC/M23 nyuma y’ifatwa ry’umujyi wa Walikare



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-19 13:45:22 CAT
Yasuwe: 112


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umuyobozi-wUmujyi-wa-Kigali-yasuye-Iwawa-Dore-ingamba-nshya-zo-gufasha-urubyiruko-zafashwe.php