Icyo urubyiruko rwemereye AFC/M23 nyuma y’ifatwa ry’umujyi wa Walikare
Kuva intambara hagati y’umutwe wa M23 n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yakongera kwaduka, uyu mutwe ukomeje kunguka abarwanyi bashya. Ku wa Kane, tariki 20 Werurwe 2025, Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko urubyiruko rugera ku ijana rwo muri Bweremana, muri Sheferi ya Buhunde, Teritwari ya Masisi, rwagaragaje ubushake bwo kwinjira mu gisirikare cy’uyu mutwe.
Mu butumwa yacishije ku rubuga rwa X, Kanyuka yavuze ko uru rubyiruko rwatangaje iyo ntego ku wa Kabiri, tariki 17 Werurwe 2025, mu biganiro Guverineri Wungirije w’Intara ya Kivu ya Ruguru, Shadrak Amani Bahati, yari yagiranye n’abaturage bo muri Bweremana. Bahati yasabye abaturage kugira uruhare mu kubungabunga umutekano no kubana mu mahoro, ariko nyuma y’iyo nama, urubyiruko rwinshi rwatangaje ko rushaka kwinjira mu M23.
Iyi nkubiri y’urubyiruko yiyemeza kwinjira mu M23 ije nyuma y’uko uyu mutwe ufashe umujyi wa Walikare ku wa Gatatu, tariki 19 Werurwe 2025. M23 yawufashe nyuma yo kuganza uduce twa Ngora, Kisima, na Mubanda, bikomeza gukaza ingamba zawo mu ntambara urwana na FARDC.
Mu gihe ibi bikorwa bya gisirikare byakomeje kwiyongera, M23 yanze kwitabira ibiganiro byagombaga kuyihuza na Leta ya Congo ku wa Kabiri, tariki 18 Werurwe 2025. Ibi byakurikiye icyemezo cy’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) cyo gufatira ibihano bamwe mu bayobozi b’ihuriro AFC/M23, bikaba byatumye uyu mutwe wigira inyuma ku munota wa nyuma.
Iyi ntambwe y’ukwaguka kwa M23 no gukomeza kugaba ibitero ku duce dutandukanye tw’Intara ya Kivu ya Ruguru, igaragaza ko intambara hagati y’uyu mutwe na Leta ya Congo irushaho gukaza umurego, ndetse n’urubyiruko ruri kwifatanya na M23 rushimangira ko umutekano mu burasirazuba bwa Congo ugikomeje kuba ikibazo gikomeye.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show