English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yifurije Paul Kagame ishya n'ihirwe nyuma yo gutsinda amatora

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani na Minisitiri w’Intebe w’Ibirwa bya Barbados, Mia Amor Mottley bashimye Perezida Paul Kagame watsinze amatora agize amajwi 99.18%, bamwifuriza ishya n’ihirwe muri manda nshya agiye kuyoboramo u Rwanda.

Amatora yabaye mu Rwanda tariki 14-15 Nyakanga 2024 yasize Paul Kagame wari watanzwe n’Umuryango FPR Inkotanyi ayatsinze ku bwiganze, bigaragaza icyizere gikomeye Abanyarwanda bakimufitiye.

Kuva hatangajwe ibyavuye mu matora abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bohereje ubutumwa bwo gushimira Paul Kagame wayatsinze, banamwifuriza gukomeza kuyobora igihugu mu mahoro n’iterambere.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani yashimye Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame watsindiye indi manda yo kuyobora igihugu, amwifuriza ishya n’ihirwe ndetse yizeza ko imibanire y’ibihugu byombi izakomeza kurangwa n’iterambere n’uburumbuke.

Minisitiri w’Intebe wa Barbados, Mia Amor Mottley na we yagaragaje ko yishimiye kongera gutorwa kwa Perezida Kagame, ahamya ko ibyavuye mu matora bigaragaza icyizere abatora bafitiye imiyoborere ye.

Ati “Mu izina rya Guverinoma n’abaturage ba Barbados, nshimiye Paul Kagame wongeye gutorerwa kuyobora Repubulika y’u Rwanda. Ikigero cy’intsinzi yawe ni ikimenyetso cy’icyizere abatora bagufitiye n’icyizere bafitiye imiyoborere yawe.”

U Rwanda rusanzwe rufitanye umubano ukomeye n’ibi bihugu byombi, harimo ibijyanye n’iby’indege, guteza imbere no kurengera ishoramari n’ubufatanye mu bijyanye n’ubukungu, ubucuruzi n’ikoranabuhanga, ubukerarugendo, kurwanya ruswa n’ibindi.



Izindi nkuru wasoma

DRC: Perezida Tshisekedi kera kabaye avuze ikihishe inyuma y’imfungwa zapfiriye muri Makala.

Umuyobozi wa UNMISS yashimye byimazeyo umuhate w'ingabo z'u Rwanda

DRC:Umusirikare yarashe umuyobozi we amasasu 17 ahita ajya kwirega

Perezida Kagame yashyizeho Abajyanama batandatu b'umujyi wa Kigali

URwanda rwatangiranye ishyaka no gutsinda mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-07-19 09:15:14 CAT
Yasuwe: 67


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umuyobozi-wIkirenga-wa-Qatar-yifurije-Paul-Kagame-ishya-nihirwe-nyuma-yo-gutsinda-amatora.php