English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umunyapolitiki Marie-José Ifoku yatanze igisubizo ku kibazo cya Congo

Marie-José Ifoku, umunyapolitiki akaba n’umuyobozi w’urugaga Ekoki Inatshoka, arasaba Abanyekongo bose guhagurukira hamwe no gusobanukirwa n’icyerekezo k’igihugu cyabo kiri mu bibazo by’intambara n’ibitero bikomeje kugihungabanya.

Ku wa Gatatu, tariki ya 19 Werurwe, Ifoku yatangaje ko ubumwe bw’igihugu ari bwo bwonyine buzatuma Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) ibasha gukira ibibazo biyugarije.

Yagize ati: "Abantu bose bavuga ubumwe n’ubwiyunge bw’igihugu, ariko ni ngombwa ko buhera mu bayobozi bafite inshingano mu nzego zitandukanye. Ibi bireba Perezida wa Repubulika, Inteko Ishinga Amategeko, Guverinoma, abayobozi b’imiryango itegamiye kuri Leta, abanyapolitiki n’abayobozi b’amadini. Aba bose bagomba gufatanya gushyiraho politiki ishingiye ku bumwe. Kuri ubu, kudashyira hamwe kugaragara mu baturage b’Abanyekongo bifite imizi muri politiki y’icyo gihugu.’’

Yasabye kandi ko habaho impinduka zihamye kugira ngo RDC ibashe kwikiza ruswa n’ubusahuzi bwimitse, kuko ari byo biri gusenya igihugu.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Étienne Lisumbu was Radio Okapi.



Izindi nkuru wasoma

Rwatubyaye Abdoul yikomye abafana ba Rayon Sports bamwita ikibazo

Byemejwe ko Joseph Kabila wayoboye Congo yageze mu bice bigenzurwa na M23

Mu masaha 48 gusa: Abanyarwanda barenga 1,200 bavuye mu mashyamba ya Congo bagaruka iwabo

Ese Trump azabasha guhuza u Rwanda na Congo nk’uko yahuje Qatar na Arabie Saudite?

SADC, EAC na CIRGL: Ni nde uzatsinda urugamba rw’amahoro mu Burasirazuba bwa Congo?



Author: Nsengimana Donatien Published: 2025-03-20 10:27:11 CAT
Yasuwe: 110


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umunyapolitiki-MarieJos-Ifoku-yatanze-igisubizo-ku-kibazo-cya-Congo.php