Kabila mu Rukiko rwa Gisirikare: Urubanza Rudasanzwe Rugiye Guhindura Politiki ya Congo
Urukiko rukuru rwa gisirikare rwatangiye kuburanisha Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Akurikiranyweho ibyaha bikomeye bifitanye isano n’umutwe wa M23, ubarizwa mu burasirazuba bw’igihugu.
Ubushinjacyaha bwa gisirikare bumushinja ibyaha binyuranye birimo:Gukorana n’umutwe wigometse ,Ubugambanyi ,Gushyigikira ibikorwa byo kwigomeka ,Iyicarubozo ,Kwica abantu ,Gufata ku ngufu umujyi wa Goma ,Guhungabanya umutekano no Gufata abagore ku ngufu
Bimwe muri ibi byaha bifite ibihano bikomeye birimo n’igihano cy’urupfu, nk’uko biteganywa n’amategeko ya gisirikare ya Congo.
Kabila yambuwe ubudahangarwa yari afite nka senateri, bituma ubushinjacyaha bubasha kumukurikirana mu nkiko. Nubwo aherutse kugaruka mu gihugu, bivugwa ko yagiye mu duce digenzurwa n’inyeshyamba za M23, ku buryo ashobora kuburanishwa adahari.
Ubushinjacyaha bushingira ku buhamya bwatanzwe n’umuntu wahoze ari hafi y’abayobozi b’umutwe wa M23, uvuga ko Kabila yagize uruhare mu mugambi wo guhirika ubutegetsi buriho. Uyu muntu yari amaze gukatirwa igihano gikomeye nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kuba muri M23.
Ishyaka rya Kabila ryavuze ko urubanza ari igikorwa cya politiki kigamije gucecekesha abatavuga rumwe na Leta. Bavuze ko bitari bikwiye ko amategeko akoreshwa mu rwego rwo kugirira nabi abo batavuga rumwe muri politiki.
Umutwe wa M23 usaba ko ibihano byafatiwe bamwe mu bayobozi bawo bikurwaho, nk’imwe mu ngingo zo mu biganiro bigamije kugarura amahoro. Urubanza rwa Kabila rushobora kugira uruhare mu miterere y’ibiganiro biri hagati ya Leta n’uyu mutwe.
Nyuma y’igihe yari amaze hanze y’igihugu, Kabila yagarutse akorera ibikorwa bya politiki mu mijyi yo mu burasirazuba. Yavuze ko ashyigikiye ibiganiro bihuriweho n’Abanyecongo bose, mu rwego rwo gushakira umuti ibibazo by’umutekano n’amahoro.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show