English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umunyabigwi mu muziki Mowzey Radio yari yaravuze aho azashyingurwa mbere yo gupfa.

Umunyabigwi mu muziki wa Uganda nyakwigendera Mowzey Radio, mbere yo kwitaba Imana yari yaravuze aho azashyingurwa nubwo atari ko byaje kugenda.

Bushingtone usanzwe utunganya indirimbo mu buryo bw’amajwi n’amashusho ndetse agategura n’ibitaramo muri Uganda, niwe wahishuye aya makuru.

Mu kiganiro yagiranye na Galaxy TV, yavuze ko Radio yifuzaga ko bazamushyingura ahazwi nka ‘Kololo Independence Grounds’ cyangwa ku nzu ndangamurage ya Uganda.

Icyakora, ubwo uyu muhanzi yitabaga Imana, nta na hamwe yashyinguwe muri aho ho yifuzaga, dore ko yashyinguwe ku ivuko muri ‘Kagga Nakawuka’.

Kugira ngo ashyingurwe bikaba byarateje impaka mu muryango we, dore ko ababyeyi be bari baratandukanye buri umwe agashaka ko yashyingurwa aho yifuza.

Mowzey Radio wamenyekanye mu itsinda rya GoodLife aririmbana Weasel Manizo, yitabye Imana ku wa 01 Gashyantare 2018.



Izindi nkuru wasoma

Arteta yitabaje Pep Guardiola mbere yo gukura Real Madrid mu irushanwa: ‘Nari ngiye kumushimira’

Imihango y’ubukwe: RRA yatanze umucyo ku makuru yari yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga

U Rwanda mu rugendo rwo kwigarurira isoko Mpuzamahanga: UAE yonyine yinjije Miliyari 1.55$

Rayon Sports mu Gihirahiro: Robertinho na Mazimpaka bahagaritswe mbere y’urugamba na Mukura VS

Tanzani: Umunyapolitiki Tundu ari mu mazi abira mbere y’amatora ya 2025



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-29 14:47:00 CAT
Yasuwe: 185


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umunyabigwi-mu-muziki-Mowzey-Radio-yari-yaravuze-aho-azashyingurwa-mbere-yo-gupfa.php