English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umunyabigwi mu muziki Mowzey Radio yari yaravuze aho azashyingurwa mbere yo gupfa.

Umunyabigwi mu muziki wa Uganda nyakwigendera Mowzey Radio, mbere yo kwitaba Imana yari yaravuze aho azashyingurwa nubwo atari ko byaje kugenda.

Bushingtone usanzwe utunganya indirimbo mu buryo bw’amajwi n’amashusho ndetse agategura n’ibitaramo muri Uganda, niwe wahishuye aya makuru.

Mu kiganiro yagiranye na Galaxy TV, yavuze ko Radio yifuzaga ko bazamushyingura ahazwi nka ‘Kololo Independence Grounds’ cyangwa ku nzu ndangamurage ya Uganda.

Icyakora, ubwo uyu muhanzi yitabaga Imana, nta na hamwe yashyinguwe muri aho ho yifuzaga, dore ko yashyinguwe ku ivuko muri ‘Kagga Nakawuka’.

Kugira ngo ashyingurwe bikaba byarateje impaka mu muryango we, dore ko ababyeyi be bari baratandukanye buri umwe agashaka ko yashyingurwa aho yifuza.

Mowzey Radio wamenyekanye mu itsinda rya GoodLife aririmbana Weasel Manizo, yitabye Imana ku wa 01 Gashyantare 2018.



Izindi nkuru wasoma

Rubavu: Ubukene si umurage - Minisitiri Mugenzi asaba abaturage gushora imari mu iterambere.

U Rwanda rwahagaritse ubufatanye n'u Bubiligi mu mishinga yari ifite agaciro ka miliyari 131 Frw.

Abahanzi b’ibirangiriere ku Isi, Jay-Z na P. Diddy bigobotoye ingoyi yari ibaboshye.

UEF Champions League: Abasore ba Carlos Anceloti bitwaye neza imbere ya Manchester City.

Vinicius Jr. yerekanye umutima wa siporo imbere y’abafana ba Manchester City.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-29 14:47:00 CAT
Yasuwe: 75


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umunyabigwi-mu-muziki-Mowzey-Radio-yari-yaravuze-aho-azashyingurwa-mbere-yo-gupfa.php