English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umukinnyi Muhire Kevin yabonye ikipe nshya muri Kuwait

Muhire Kevin yasinye amasezerano y’umwaka umwe mu ikipe ya Al Yarmouk ikina mu cyiciro cya kabiri mu giugu cya  Kuwait.

Ibi bibaye nyuma y’uko Muhire arangije amasezerano y’umwaka muri Rayon Sports yakiniraga umwaka ushize anayibereye kapiteni.

Ubwumijane buimara kuaho biteganyijwe ko \muhire yahawe amasaha atarenze 48 yo kuba yageze mu gihugu cya Kuwait.

Muhire usanzwe ukina mu kibuga hagati asanze muri iyi kipe Jorge Paixão wari umutoza we umwaka ushize muri Rayon Sports.

Jorge Paixão na Daniel Ferreira batozaga Rayon sports umwaka ushize nibo bahawe intego yo kugarura iyi kipe yo muri Kuwait mu cyiciro cya mbere, dore ko yamanutse mu cyiciro cya kabiri umwaka ushize.

Al Yarmouk ni ikipe yashinzwe mu 1965, ikinira kuri stade ya Abdullah Al-Khalifa yakira abantu ibihumbi 16.

Muhire Kevin si ubwa mbere agiye gukina hanze y’u Rwanda kuko yaherukaga mu Misiri mu ikipe ya Misr lel-Makkasa na Saham Club yo muri Oman.

 



Izindi nkuru wasoma

Trump yashyize umusoro uhambaye ku bicuruzwa bituruka muri Canada, Mexique n’Ubushinwa.

Umukinnyi mpuzamahanga w’Umunya-Kameruni, Innocent Assana NAH yinjiye muri Rayon Sports.

Umuyobozi w’ishyaka EFF yasabye Ramaphosa gucyura ingabo z’Africa y’Epfo ziri muri RDC.

Ubwicanyi n’uruhuri rw’ingaruka zituruka ku Bacancuro b’Abanyaburayi mu bibazo byo muri Afurik

Umurwayi wa mbere yapfiriye mu bitaro bya Mulago azize icyorezo cya Ebola muri Uganda.



Author: Ndahimana Jean Pierre Published: 2022-08-03 17:46:52 CAT
Yasuwe: 129


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umukinnyi-Muhire-Kevin-yabonye-ikipe-nshya-muri-Kuwait.php