English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

 

Umuhanzikazi  Nicki Minaj yabuze se wazize impanuka y’imodoka

 

Nicki MInaj,Umuhanzikazi w’umunyamerika ufite inkomoko muri Trinidad & Tobago ari mu gahinda nyuma y’aho se witwa Robert Maraj yapfuye agonzwe n’imodoka.

Ni impanuka yabaye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, aho se w’uyu muhanzikazi wari ufite imyaka 64, yagonzwe n’umuntu agahita yikomereza nk’uko umuvugizi w’uyu muhanzikazi yabyemereye ikinyamakuru People. Iyi mpanuka yabereye i New York.

Uyu mubyeyi yajyanywe mu bitaro byo hafi y’aho yagongewe ariko ku bw’amahirwe make ku wa Gatandatu tariki 13 Gashyantare 2021, yitaba Imana kubera ibikomere yari yagize.

Polisi yo mu Mujyi wa New York yabereyemo iyi mpanuka iracyakora iperereza.

Umubyeyi wa Nicki Minaj yitabye Imana nyuma y’aho umuhungu we Jelani Maraj, aherutse gukatirwa igifungo cy’imyaka 25 y’igifungo ashinjwa gufata ku ngufu umwana.

Nick Minaj, w’imyaka 38, yavukiye Trinidad, mu gace ka Onika Tanya Maraj, akurira muri New York.

 



Izindi nkuru wasoma

Impanuka y'indege ya Delta Air Lines i Toronto: Abagenzi 80 barokotse urupfu.

Rulindo: Impanuka ya bisi ya sosiyete ya International yahitanye abantu 16.

Impanuka ikomeye yabereye i Rusiga mu Karere ka Rulindo.

Hatangajwe icyateye impanuka y’ Ambulance y'Ibitaro bya Nyabikenke yakoreyemo 5.

Umuhanzikazi Spice Diana yanyomoje amakuru yavugaga ko yakoranye ubukwe n’Umugande.



Author: Chief Editor Published: 2021-02-15 10:38:52 CAT
Yasuwe: 550


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umuhanzikazi--Nicki-Minaj-yabuze-se-wazize-impanuka-yimodoka.php