English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umuhanzi Dr Jose Chameleone afite igitaramo cy’imbaturamugabo i Kigali.

Icyamamare mu muziki wa Uganda Joseph Mayanja uzwi ku mazina na Dr Jose Chameleone, yashyize atangaza itariki y’igitaramo afite mu Rwanda nyuma y’imyaka ibiri agiteguza.

Mu 2022, nibwo Chamelepne yari yatangaje ko afite igitaramo i Kigali, ariko yirinda kuvuga itariki, kugera ubwo abantu bategereje umwaka umwe urashira undi urataha.

Gusa kuri iyi nshuro yasohoye ifishi igaragaza ko azataramira muri Kigali Universe ku wa 3 Mutarama 2025 akazaba ari igitarmo yiteguriye ku giti cye.

Jose Chameleone azaba agarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka itandatu, dore ko yahaherukaga mu 2018 ubwo yari aje mu gitaranmo cyo kumurika album ya Deej Pius yise ‘Iwacu’ yamurikiwe muri Caamp Kigali.



Izindi nkuru wasoma

Arasaba amasengesho: Jose Chameleone yongeye kujyanwa mu bitaro muri Amerika.

Ibirego bidafite gihamya? Minisitiri Nduhungirehe yahakanye ibyo DRC ivuga ku Rwanda.

Abarimo Mamadou Sy bafashije APR FC kujomba ibikwasi ikipe ya AS Kigali.

Ikihishe inyuma y’urupfu rw’umuhanzi Delcat Idengo wabarizwaga mu ngabo za Wazalendo.

Umuhanzi Bebe Cool yashimiye Bbi Wine kubera igikorwa cy’indashyikirwa yakoze.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-12-08 11:17:22 CAT
Yasuwe: 125


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umuhanzi-Dr-Jose-Chameleone-afite-igitaramo-cyimbaturamugabo-i-Kigali.php