Uko u Rwanda rushobora kuba igisubizo ku kibazo cy’abimukira Amerika yananiwe gukemura
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko Leta y’u Rwanda yatangiye ibiganiro n’ubutegetsi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bigamije kureba uko igihugu cyakwakira abimukira binjiye muri Amerika mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Aya makuru aje nyuma y’uko ibitangazamakuru bikomeye birimo na CNN bitangaje ko muri Mutarama 2025, ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwasinye iteka rigaragaza gahunda nshya yo kohereza abimukira mu bihugu by’amahanga birimo u Rwanda na Libya, ndetse n’ibiganiro na za guverinoma z’iyo gahunda byaratangiye.
Mu kiganiro yagiranye na RBA, Minisitiri Nduhungirehe yagize ati: “Ayo makuru ni yo, turi mu biganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Urabizi ko na mbere twari mu biganiro n’Ubwongereza, ntabwo ari bishya kuri twe.” Yongeyeho ko u Rwanda rusanzwe rufite ubunararibonye mu kwakira abimukira barimo n’abavuye muri Libya, ndetse ko ibyo biganiro bigamije “guha amahirwe abimukira bafite ibibazo hirya no hino ku Isi.”
CNN ivuga ko hari kwigwa n’ibijyanye n’amikoro azakoreshwa muri uyu mushinga, aho ngo hashobora kujyaho uburyo bw’amasezerano agaragaza uburyo abimukira, harimo n’abigeze gukurikiranwa n’inkiko za Amerika, bazoherezwa mu Rwanda. Urugero rw’umwe muri bo ni Omar Abdulsattar Ameen, wari impunzi ukomoka muri Iraq, bivugwa ko yoherejwe mu Rwanda muri Werurwe uyu mwaka.
Ubu si ubwa mbere u Rwanda rushyirwa mu biganiro nk’ibi, kuko no mu 2022 rwari mu biganiro byasubitswe na guverinoma y’u Bwongereza ku munota wa nyuma, ku bijyanye no kwakira abimukira.
Amerika ya Trump itegekanya gusubiza iwabo buri kwezi byibura abimukira 30,000 banyuze ku mipaka ya Mexique, cyane cyane baturutse muri Mexique, Cuba na Venezuela. Biragaragara ko u Rwanda rushobora kuzagira uruhare rukomeye muri gahunda nshya ya politiki y’abimukira y’Amerika.
Nsengimana Donatien| Ijambo.net
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show