Trump yahagaritse imfashanyo Amerika yageneraga Ukraine nyuma y'imishyamirano na Perezida wayo.
Nyuma y’imishyamirano hagati ya Perezida Trump na Volodymyr Zelensky, Trump yafashe umwanzuro wo guhagarika imfashanyo ya gisirikare Amerika yahaga Ukraine. Iyi ngingo yafashwe nyuma y’uko Perezida Trump na Perezida Zelensky bagiranye impaka mu cyumweru gishize, nk'uko byatangajwe n'umuyobozi umwe wo muri Maison Blanche (White House). Uyu mwanzuro uje nyuma y’uko hagati y'ibihugu byombi habayeho impinduka mu mubano, mu gihe byari byaratangiye kugenda neza.
Umunyamakuru wa Bloomberg yatanze amakuru avuga ko imfashanyo yose ya gisirikare Amerika yaha Ukraine ihagaritswe kugeza igihe Perezida Zelensky azerekana ubushake bwo gushaka amahoro. Ibikoresho bya gisirikare bitaragera muri Ukraine bizagumaho, harimo n’ibiri mu nzira cyangwa mu bubiko bwo muri Pologne.
Trump yavuze ko abashyira imbere amahoro ari bo bakeneye gushyiraho gahunda, kandi ko Amerika izafasha mu gushaka umuti w’ibibazo bihangayikishije Ukraine. Nubwo Maison Blanche itatangaje igihe iyi ngingo izamara, Pentagon nayo ntiyatanze ibisobanuro ku byerekeye ingingo yafashwe.
Trump yavuze ko Zelensky agomba kubaha inkunga ya Amerika, kandi ko atari ngombwa gukomeza guhangana. Ibi byakurikiye impaka hagati ya Ukraine n’Uburusiya, aho Trump asaba ko hagomba kubaho ibiganiro.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show