English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

The Ben yasabye imbabazi Mama we nyuma yo gushyira hanze inda y’imvunsti.

Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, yasabye imbabazi Abanyarwanda by’umwihariko nyina umubyara nyuma yo gushyira hanze amafoto agaragaza inda y’umugore  we ukuriwe.

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa 30 Ukuboza 2024,  mu kiganiro n’itangazamakuru kigaruka ku gitaramo  umuhanzi The Ben azamurikiramo Album ye ku  wa 01 Mutarama 2025.

Mu cyumweru gishize, The Ben yashyize hanze  amafoto agaragaza inda y’umugore we Uwicyeza Pamella ubura igihe gito ngo yibaruke imfura yabo. Ni amafofoto ataravuzweho rumwe,  ndetse anababaza bamwe mu bakunzi be harimo na Nyina umubyara.

Yavuze kandi ko nubwo hari abatarakunze aya mashusho, ndetse akaba anabisabira imbabazi, ariko adafite gahunda yo kuyasiba kuri YouTube Channel ye, aho iyi ndirimbo imaze kurebwa n’abantu ibihumbi 930 mu minsi itatu gusa imaze igiyeho.

Nubwo aya mashusho yafashwe ubwo bateguraga indirimo y’uyu muhanzi yitwa “True Love”, abakurikiranira hafi ibibera mu gisata cy’imyidagaduro  bavuga ko ashobora kuba yarifashishijwe mu rwego rwo kumenyekanisha igitaramo The Ben afite ku Bunani cyiswe “The New Year Groove”, kikaba kizamurikirwamo Album ye yise ” Plenty Love”.



Izindi nkuru wasoma

U Rwanda rwifatanyije na Qatar nyuma y’igitero cya Misile Iran yarashe ku Kigo cya Gisirikare

REB yasabye abarimu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside binyuze mu kwigisha amateka nyayo

Bugingo Hakim yerekeje muri APR FC nyuma yo kwigaragaza muri Rayon Sports

Uko impanuka yo muri Ngororero yongeye kugaragaza uburangare nyuma yo gukomerekeramo 4

Byinshi mutamenye ku mugore witabiye Imana nyuma yo kurarana na Pasiteri i Nyaruguru



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-12-30 22:35:12 CAT
Yasuwe: 317


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/The-Ben-yasabye-imbabazi-Mama-we-nyuma-yo-gushyira-hanze-inda-yimvunsti.php