English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

The Ben yasabye imbabazi Mama we nyuma yo gushyira hanze inda y’imvunsti.

Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, yasabye imbabazi Abanyarwanda by’umwihariko nyina umubyara nyuma yo gushyira hanze amafoto agaragaza inda y’umugore  we ukuriwe.

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa 30 Ukuboza 2024,  mu kiganiro n’itangazamakuru kigaruka ku gitaramo  umuhanzi The Ben azamurikiramo Album ye ku  wa 01 Mutarama 2025.

Mu cyumweru gishize, The Ben yashyize hanze  amafoto agaragaza inda y’umugore we Uwicyeza Pamella ubura igihe gito ngo yibaruke imfura yabo. Ni amafofoto ataravuzweho rumwe,  ndetse anababaza bamwe mu bakunzi be harimo na Nyina umubyara.

Yavuze kandi ko nubwo hari abatarakunze aya mashusho, ndetse akaba anabisabira imbabazi, ariko adafite gahunda yo kuyasiba kuri YouTube Channel ye, aho iyi ndirimbo imaze kurebwa n’abantu ibihumbi 930 mu minsi itatu gusa imaze igiyeho.

Nubwo aya mashusho yafashwe ubwo bateguraga indirimo y’uyu muhanzi yitwa “True Love”, abakurikiranira hafi ibibera mu gisata cy’imyidagaduro  bavuga ko ashobora kuba yarifashishijwe mu rwego rwo kumenyekanisha igitaramo The Ben afite ku Bunani cyiswe “The New Year Groove”, kikaba kizamurikirwamo Album ye yise ” Plenty Love”.



Izindi nkuru wasoma

Ibyaranze ubukwe bwa Musengamana Béatha wamenyekanye mu ndirimbo Azabatsinda Kagame.

Icyakurikiyeho nyuma yuko umugore atawe muri yombi azira gukata igitsina cy’umugabo we.

Uganda: Abantu Umunani basezerewe nyuma yo gukira Ebola, abandi amagana bari mu kato.

Rukoma: Polisi yamennye inzoga z’inkorano mu ruhame nyuma y’umukwabu ukomeye.

Urubyiruko rurakangurirwa kwirinda: Imibare y'ubwandu bushya bwa SIDA i Nyagatare iteye inkeke.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-12-30 22:35:12 CAT
Yasuwe: 137


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/The-Ben-yasabye-imbabazi-Mama-we-nyuma-yo-gushyira-hanze-inda-yimvunsti.php