English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Saint Valentin: Amateka, uko wizihizwa, n’impinduka mu bihugu bitandukanye.

Umunsi wa Saint Valentin, wizihizwa tariki ya 14 Gashyantare, ni umunsi w'abakundana ku isi hose, kandi ukaba uhurirana n’umunsi Kiliziya Gatolika yizihiza Mutagatifu Valentin.

Nubwo kuri uwo munsi ibintu byinshi bitavugwaho rumwe, n'ubwo abantu bafite uko babibona, umunsi wa Saint Valentin ugaragaza uburyo bwiza bwo kugaragaza urukundo mu buryo butandukanye mu bihugu binyuranye.

Amateka ya Saint Valentin

Muri Kiliziya Gatolika, harimo ba Valentin batatu bagiye bagirwa abatagatifu kubera ukwemera kwabo kutajegajega, ndetse bagahitanwa n’ubuhemu bw’ubutegetsi bwariho mu kinyejana cya 3.

Uwitiriwe umunsi wa Saint Valentin ni Valentin w’i Roma, wari padiri w’umutima ukomeye, yishwe azira ukwemera kwe mu gihe cy’ubutegetsi bwa Claude Le Cruel. Valentin yakomeje gusezeranya abakundana, harimo n’abasore b’abasirikare, ku buryo nyuma yo gufungwa no kwicwa, yabaye umurinzi w’abakundana.

Kuki St Valentin iba muri Gashyantare (Février/February)?

Kera umunsi wo hagati mu kwezi kwa Gashyantare ufatwa nk’ikimenyetso cy’urukundo n’uburumbuke kuva mu bihe bya kera (Antiquité). Mu Bagereki, kwari ukwezi bibukagamo ubukwe bw’imana zabo zikomeye Zeus na Héra. Mu Baromani, tariki 15 Gashyantare wabaga ari umunsi bizihizagaho Lupercales, aho baturaga ibitambo Lupercus, imana y’uburumbuke (fertilité).

Uko Saint Valentin yizihizwa

Mu bihe bya kera, umunsi wa Saint Valentin wafatwaga nk’uw'abaselibateri aho abakobwa bihishaga maze abasore bakabashaka. Mu kinyejana cya 14, mu Bwongereza, uwo munsi wabaye uw'urukundo rukomeye aho bashyiraga hamwe inyoni z’ingabo n’iz’ingore.

Ku wa 14 Gashyantare, abakundana bahana impano, harimo amakarita yanditseho imitoma n’indabo, cyane cyane amaroza atukura. Bivugwa ko buri mwaka, kuri Saint Valentin, hoherezwa amakarita agera kuri miliyari imwe n’igice, 83.6% byayo bikaba bitangwa n’abagore.

Mu bihugu bitandukanye, umunsi wa Saint Valentin ufite imigenzo itandukanye. Mu Bushinwa na Taiwan, kuva mu 1980, uwo munsi wizihizwa cyane nk'umunsi w’urukundo, mu Buyapani, abagore batanga chocolats zihenze ku basore n’abagabo, naho ku wa 14 Werurwe, abakobwa batabwa mu gikorwa cyo kugaragaza urukundo n’ubwuzu, bityo abagabo bakishyura impano zihenze, nko kwaha abagore umwenda cyangwa urukweto rw’umweru.

Mu Rwanda

Mu Rwanda naho, kuva mu mwaka wa 1998 uyu munsi witaweho cyane, kandi ugenda utera imbere umwaka ku mwaka, ndetse kuri ubu mu bo tubona nk’abanyeshuri bo muri za kaminuza baba aribo baboneka nk’abawizihiza kurusha abandi cyane ko benshi baba babyungukiyemo kwerekana ingufu z’aho urukundo rwabo rugera.



Izindi nkuru wasoma

Perezida Kagame yageze i Addis Abeba mu nama ya 38 y’Abakuru b’Ibihugu ba AU.

Saint Valentin: Amateka, uko wizihizwa, n’impinduka mu bihugu bitandukanye.

Impagarara mu nama y’Abakuru b’Ibihugu i Dar es Salaam: Moussa Faki yasabwe gusohoka mu nama.

Imyaka 20 irashize tsunami yibasiye umunsi wa Boxing Day wahitanye 230 000 mu bihugu icumi.

Impamvu abanyeshuri barya ibiryo bidahiye muri GS Saint Kizito Gikongoro yamenyekanye.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-14 10:16:34 CAT
Yasuwe: 38


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Saint-Valentin-Amateka-uko-wizihizwa-nimpinduka-mu-bihugu-bitandukanye.php