English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Rwamagana: Yikubise hasi arapfa nyuma yuko yaragerageje kwiba.

Umusore w’imyaka 22 bikekwa ko yari agiye kwiba ihene mu rugo rw’umuryango wo Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana, yitabye Imana nyuma yuko abaturage bagiye kumufata akiruka, akaza kwikubita hasi agahita apfa.

Uyu musore yitabye Imana nyuma yuko biketswe ko yari agiye kwiba ihene mu rugo rwo mu Mudugudu wa Kabarore mu Kagari ka Runyinya, mu Murenge wa Gahengeri.

Amakuru dukesha Televiziyo yitwa BTN, avuga ko ibi byabaye mu gicuku cyo ku ya 11 Ukuboza 2024, ubwo umuryango wo muri uyu Mudugudu wari ugiye kuryama, ukumva hari uri gucukura inzu yari irimo amatungo ashaka kwiba ihene, bagahita babyuka bagatabaza.

Nyuma yo gutabaza, abaturanyi bahise baza, uyu musore na we amaguru ayabangira ingata ariko ageze imbere yikubita hasi ahita yitaba Imana.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, yemeje aya makuru y’uyu musore witabye Imana.

Ati “Abaturage bavuze ko yari umujura ngo yagiye kwiba mu kazu karimo ihene baramutesha noneho agerageje kwiruka bamufatira mu gishanga gitandukanya Fumbwe na Rusororo gusa ku bwo ibyago ahita apfa nyuma yo kwikubita hasi yubamye ahita ahwera.”



Izindi nkuru wasoma

Karongi yabonye umuyobozi mushya nyuma y’amezi 4 uwari Umuyobozi wako yeguye

Sudani y’Epfo: Icyakurikiye nyuma y’itabwa muri yombi rya Riek Machar

Mugore! Kunyara nyuma yo gutera akabariro ni ingenzi, Menya impamvu

Igikwiye gukorwa nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye

Volleyball: Amakipe yombi ya APR VC yageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-12-13 13:05:36 CAT
Yasuwe: 102


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Rwamagana-Yikubise-hasi-arapfa-nyuma-yuko-yaragerageje-kwiba.php