English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Rutsiro:Imodoka yari itwaye abakozi b'akarere ikoze impanuka

Imodoka yo mu bwoko bwa Jeep yari itwaye abakozi b'akarere ka Rutsiro ikoze impanuka ibarenza umusozi ariko ntawe uhasize ubuzima

Iyi mpanuka yabaye ubwo berekezaga mu murenge wa Nyabirasi bageze mu murenge wa Musasa ahahitwa Gihinga ku ishusho imodaka yarimo abantu 5 harimo na shoferi.

Uwiduhaye Jean Baptiste umukozi w'akarere ka Rutsiro ukora nk'umujyanama wa Komite Nyobozi waduhaye aya makuru yemeje ko iyi mpanuka yabaye ariko ntawakomeretse.

Gusa ngo baracyashakisha icyateye iyo mpanuka.

abaturage bakurikiranye iby'iyi mpanuka batashatse amazina yabo ashirwa ahagaragara bashimangiye ko ishobora kuba yatewe n'uburangare bwa Shoferi byatumye iminanira ikarenga umuhanda.

ABa bakozi bari mu modoka bari bagiye muri Nyabirasi mu bukangurambaga bwateguwe na RIB ku rwego rw'igihugu.

 

 



Izindi nkuru wasoma

Yari amaze kurya irindazi yanga kwishyura, intandaro y’amakimbirane yamuviriyemo gufungwa

Igihe cyo gukura ingabo za SADC muri RDC cyari cyararenze - Impuguke mu by’umutekano

Igitaramo kimbaturamugabo cyari kuzaba ku munsi wo gutangira icyunamo mu Rwanda cyahagaritswe

Volleyball ryo: Uko amakipe yitwaye mu mikino yo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel

Liverpool, FC Barcelona na Bayern Munich zitwaye zite mu mikino ya ⅛ cya Champions League?



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2023-07-25 13:18:37 CAT
Yasuwe: 410


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/RutsiroImodoka-yari-itwaye-abakozi-bakarere-ikoze-impanuka.php