English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Rutsiro:Imodoka yari itwaye abakozi b'akarere ikoze impanuka

Imodoka yo mu bwoko bwa Jeep yari itwaye abakozi b'akarere ka Rutsiro ikoze impanuka ibarenza umusozi ariko ntawe uhasize ubuzima

Iyi mpanuka yabaye ubwo berekezaga mu murenge wa Nyabirasi bageze mu murenge wa Musasa ahahitwa Gihinga ku ishusho imodaka yarimo abantu 5 harimo na shoferi.

Uwiduhaye Jean Baptiste umukozi w'akarere ka Rutsiro ukora nk'umujyanama wa Komite Nyobozi waduhaye aya makuru yemeje ko iyi mpanuka yabaye ariko ntawakomeretse.

Gusa ngo baracyashakisha icyateye iyo mpanuka.

abaturage bakurikiranye iby'iyi mpanuka batashatse amazina yabo ashirwa ahagaragara bashimangiye ko ishobora kuba yatewe n'uburangare bwa Shoferi byatumye iminanira ikarenga umuhanda.

ABa bakozi bari mu modoka bari bagiye muri Nyabirasi mu bukangurambaga bwateguwe na RIB ku rwego rw'igihugu.

 

 



Izindi nkuru wasoma

Twibukiranye ibihe by’ingenzi byariranze Tour du Rwanda kuva ryatangira n’abaryegukanye.

U Rwanda rwahagaritse ubufatanye n'u Bubiligi mu mishinga yari ifite agaciro ka miliyari 131 Frw.

Impanuka y'indege ya Delta Air Lines i Toronto: Abagenzi 80 barokotse urupfu.

Abahanzi b’ibirangiriere ku Isi, Jay-Z na P. Diddy bigobotoye ingoyi yari ibaboshye.

UEF Champions League: Abasore ba Carlos Anceloti bitwaye neza imbere ya Manchester City.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2023-07-25 13:18:37 CAT
Yasuwe: 395


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/RutsiroImodoka-yari-itwaye-abakozi-bakarere-ikoze-impanuka.php