Ruhango: Abasore batanu n’umusaza umwe batawe muri yombi.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga yataye muri yombi abasore batanu n’umusaza umwe bakekwaho gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Aba bose bafatiwe mu birombe biherereye mu Mudugudu wa Muremure, Akagari ka Gitinda, Umurenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yabwiye UMUSEKE ko aba bantu bafatiwe mu birombe byari byarafunzwe, aho bacukuraga nta ruhushya bahawe.
Yagize ati: “Bagiye guhanwa n’amategeko by’intangarugero.”
SP Habiyaremye yakomeje avuga ko gufata aba bantu ari igikorwa kigamije gukumira no kurwanya ubu bucukuzi butemewe, bwagaragaye ko bukunze guteza impanuka zishobora kuvamo imfu z’abantu ndetse bikanangiza ibidukikije.
Yaburiye n’abandi bose batekereza kwishora muri ubu bucukuzi ko Polisi iri maso kandi itazihanganira uwo ari we wese uzafatirwa muri ibyo bikorwa. Yagize ati: “Umuntu wese utekereza kwishora muri ubu bucukuzi butemewe, yakabaye abireka kuko Polisi ntizihanganira na gato ibikorwa nk’ibi.”
Abakekwaho iki cyaha bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi i Kabagari, aho iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane byinshi ku byaha bakurikiranyweho.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show