English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Rubavu:Ubuyapani bwafashije ingo 380 kubona ubwiherero n'amazi meza

Ambasade y'Ubuyapani mu Rwanda yahaye ubwiherero bugezweho n'amazi meza ingo 380 zo mu Karere ka Rubavu, Imirenge ya Cyanzarwe na Mudende.

Ni inkunga yanyijijwe mu muryango utari uwa Leta witwa Hand in Hand For Development, imiryango yahawe ubu bufasha ikaba yashimiye aba baterankunga kuko kubona ubwiherero n'amazi meza bigezweho muri aka gace k'amakoro bitabaga byoroshye

 
 Ambasaderi w'Ubuyapani mu Rwanda  FUKUSHIMA ISAO n'Ubuyobozi bw'umuryango Hand In Hand bavuga ko bateguye iki gikorwa mu rwego rwo gufasha Leta y'u Rwanda gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y'abaturage (Human security issues).
 
 
 
 
Hatangimana Mugabe Isaac umuvugizi w'umuryango Hand In Hand for Development yavuze ko abaturage begerejwe amazi binyuze ku bigega 70 bihuriweho n'imiryango ine ituranye azabafasha kugira isuku yaba mu nzu zabo,ku myambaro, ibiribwa ndetse no mu bwiherero.
 
Ati:"Abaturage bakoraga urugendo rurerure bagiye gushaka amazi ariko twabahaye ibigega bizabafasha kujya babona amazi bitabagoye nka mbere."
 
Kubera aka gace kagizwe n'amakoro ku buryo gucukura ahajya ubwiherero bigorana, aba baturage bahawe ubwiherero bufite ikoranabuhanga, budasaba gucukura ndetse no guhoma kuko nta mucanga uba muri aka gace.
 
Aba baturage bahawe iyi nkunga bayishimiye kuko nk'amazi ngo bayabonaga bakoze ingendo ndende kandi na bwo ntibavome amazi meza.
 
Umwe muri bo yagize ati:"Ndashima Leta y'u Rwanda ituzanira abaterankunga nk'igihugu cy'Ubuyapani,mbere uyu muryango Hand In Hand For Development utaraza twari mu bwigunge dukora ingendo ariko tubonye amazi birakemutse, umwanya twakoreshaga tujya kuvoma tuzwukoresha dukora akazi kaduteza imbere."
 
 
Umuyobozi w'agateganyo w'Akarere ka Rubavu  Nzabonimpa Deogratias yashimye Ambasaderi w'Ubuyapani n'umuryango Hand In Hand for Development ku ruhare bagira mu kuzamura imibereho myiza y'abaturage yizeza ko bazafatanya n'abaturage mu gusigasira ibikorwa.
 
Agira ati:"Ino aha  twari duhangayikishijwe no kubona ubwiherero buhangana n'imiterere y'Ubutaka ariko abafatanyabikorwa batwigiye uburyo bw'ikoranabuhanga ku bwiherero,amazi n'ibindi.Muri iyi miryango ikibazo kijyanye n'isuku n'isukura kirakemutse ibyo twabonye turafatanya bigere kuri benshi batuye mu makoro,turizeza gufatanya n'abaturage mu kubisigasira."
 
.
 
Ambasaderi w'Ubuyapani mu Rwanda FUKUSHIMA ISAO yashimye Leta y'u Rwanda ku mikoranire myiza n'u Rwanda yemeza ko nabo bishimira kugira uruhare mu guhindurira imibereho Abaturage.
 
Agira ati:"Twafashe ingamba zo guhungana n'ibibazo bibangamiye imibereho myiza y'abaturage muri Afurika cyane mu Rwanda dutewe Ishema no kugera mu baturage tugasanga ibikorwa bahawe byabagiriye akamaro."
 
 
Fukushima avuga ko amazi meza, isuku n'isukura ari ingenzi mu buzima agashima u Rwanda ko rufite  gahunda yo kuba Abaturage 100% bagerwaho n'amazi meza muri 2024,
 
 
Uyu mushinga washizwe mu bikorwa na Hand In Hand for Development nyuma yo guterwa inkunga na Ambasade y'Ubuyapani mu Rwanda watwaye  arenga miliyoni 90 Rwf aho hubakwa ibigega 70 bifasha Ingo 380, ubwiherero 70 n'ibikoresho biyungurura amazi 50 
 
 


Izindi nkuru wasoma

Dore ingingo benshi birengagiza ku ikoreshwa ry’agakingirizo

Perezida Kagame yeretse Tshisekedi ingingo nshya yarangiza intambara ya Congo

Ingingo nyamukuru zagarutsweho mu nama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

U Rwanda rwasobanuye impavu zifatika amashuri y’Ababiligi azakomeza gukora

FDLR iremeza ko Brig. Gen. Gakwerere washyikirijwe u Rwanda yari mu bayobozi bakuru bayo.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2023-08-18 08:50:36 CAT
Yasuwe: 228


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/RubavuUbuyapani-bwafashije-ingo-380-kubona-ubwiherero-namazi-meza.php