English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Rubavu:PDI yijeje ubuvugizi ku bibazo birimo irimbi nibaramuka batowe mu badepite

Abakandika b'Ishyaka Intangarugero muri Demokarasi bijeje ubuvugizi ku bibazo birimo irimbi ku baturage ba Rubavu nibaramuka babaguriye ikizere bakabatorera kujya mu nteko ishinga amategeko mu matora ateganyijwe muri Nyakanga 2024.

Ubwo iri Shyaka ryari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu karere ka Rubavu umurenge wa Gisenyi akagari k'Umuganda mu mudugudu wa Muhato bamamaza umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y'u Rwanda  Paul Kagame uhagarariye umuryango FPR INKOTANYI n'abadepite b'iri Shyaka mu nteko ishinga amategeko bavuze ko bashimye uko bakiriwe n'abaturage.

Sheikh Mussa Fazil Harerimana Perezida wa PDI yavuze ko nibaramuka batorewe kujya mu nteko bazagira uruhare mu gukemura byinshi bakora ubuvugizi.

Yagize ati:"Isezerano duhaye Abanyarubavu tugendeye ku mikorere y'inteko harimo kuba tugiye kubakorera ubuvugizi ku kibazo cy'irimbi rusange harimo kubakorera umuhanda ujyayo n'ibindi,aka karere tukazi neza kuko na mbere Ibiza bitera ku musozi wa Rubavu Nyakubahwa Paul KAGAME yabantumyeho dufata umwanzuro wanyuze buri wese,rero ndizeza ko nibadutora tutazabatenguha."

Sheikh Mussa Fazil Harerimana yasobanuye impamvu zatumye bahitamo gushyigikira umukandida watanzwe na FPR INKOTANYI Paul KAGAME ndetse  ishimangirwa n'abatuye Rubavu biganjemo abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

Umwe mu bagore bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka Mukamana Hadija yashimiye Paul KAGAME wabafashije gukora ubucuruzi bwambukiranya umupaka yemeza ko byatumye yiteza imbere arera abana be neza anashima kuba barashiriweho irerero.

Yagize ati:"ubu turambuka tugacuruza isambaza neza kandi dutuje,abana bacu bitabwaho mu marerero twataha tukabacura bishimye nta kibazo na kimwe bafite ibi ntabwo byari byarigeze bibaho,Paul KAGAME ushyigikiwe na PDI tubarizwamo yaduhaye igishoro,yaduhaye amahoro,yaduhaye umutekano yaduhaye byose ubwo se utamutora yatora nde."

Mu karere ka Rubavu hari hateraniye imbaga nyamwinshi yiganjemo abayoboke b'idini rya Islam,abakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka uhuza u Rwanda na DRC,incuti zabo zo muri DRC n'abandi benshi banyuzwe n'ibikorwa bya PDI bifuza ko ibona imyanya mu nteko.

Ni ubwa mbere ishyaka Intangarugero Demokarasi ryitabiriye amatora y'abadepite ari ryinyine aho ngo ntacyo bizahindura mu mikoranire isanzwe mu nteko nibaramuka bagezemo.

Ibikorwa byo kwamamariza Paul KAGAME uhagarariye umuryango FPR INKOTANYI n'abadepite bamerewe na Komisiyo y'amatora bahagarariye PDI byabareye kuri uyu wa 01 Nyakanga 2024 muri Rubavu hahuriye uturere tugize intara y'Iburengerazuba na Rusizi mu mirenge ya Bugarama na Kamembe.



Izindi nkuru wasoma

Rutsiro: Green party yijeje abacuruzi isoko rigezweho

PL yijeje ab’i Karongi na Rutsiro kwimakaza ikoranabuhanga no guhashya ruswa

Rubavu:PDI yijeje ubuvugizi ku bibazo birimo irimbi nibaramuka batowe mu badepite

PL yijeje abatuye Amajyepfo ko mu gihe yatorerwa kujya mu Nteko izakora ubuvugizi hagezwe ibikorware

PL yijeje abatuye Amajyepfo ko mu gihe yatorerwa kujya mu Nteko izakora ubuvugizi hagezwe ibikorware



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-07-02 09:05:31 CAT
Yasuwe: 77


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/RubavuPDI-yijeje-ubuvugizi-ku-bibazo-birimo-irimbi-nibaramuka-batowe-mu-badelite.php