English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Rubavu:Inzu esheshatu zafashwe n'inkongi y'umuriro

Kuri uyu wa mbere tariki ya 22 Nyakanga mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Gisenyi habaye impanuka y'inkongi y'umuriro  hashya amazu agera kuri atandatu yo mu gipagu kimwe ndetse hangirika byinshi byari biyarimo.

Ni impanuka yabereye mu mujyi wa Gisenyi hafi y'ahazwi nko kuri Unama, gusa nta muntu wayitakarijemo ubuzima.

Bivugwa ko iyi nkogi y'umuriro yaba yatewe na Gaz ikoreshwa mu gikoni bateka.

Abantu bari batuye mu gipangu aho iyi nkongi yabereye  ibikoresho byabo byo munzu hafi esheshatu byahiye bamwe basigara babogoza.

Polisi y'u Rwanda ishami rishinzwe inkongi yahise itabara igerageza guca umuriro intege vuba na bwangu ubwo wari utangiye kwambuka no mu kindi gipangu.

Kugeza ubu ntabwo Polisi y'u Rwanda iratangaza icyaba cyateye iyi nkongi.



Izindi nkuru wasoma

Uruganda rw'Abashinwa rukora imyenda rwafashwe n'inkongi rurashya rurakongoka

Bukavu yongeye gufatwa n'inkongi y'umuriro nanone habura abatabara

Rubavu:Inzu esheshatu zafashwe n'inkongi y'umuriro

Nyanza:Inzu yafashwe n'inkongi y'umururo ibintu byose bihinduka ivu

Miliyoni zisaga eshanu zafashwe zisubizwa umucuruzi wari warazibwe



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-07-23 06:19:34 CAT
Yasuwe: 78


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/RubavuInzu-esheshatu-zafashwe-ninkongi-yumuriro.php