English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Rubavu: Hamuriswe umushinga wa RDDP II witezweho guteza imbere ubworozi bw’inka.

Ejo ku wa Gatanu tariki ya 4 Ukwakira2024 mu Karere ka Rubavu, hamuritswe ku mugaragaro umushinga mugari uzamara imyaka 6 mu rwego rwo kuzamura no guteza imbere ubworozi bw’amatungo by’umwihariko mu kongera umukamo.

RDDP ll  ni umushinga wa Leta y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigega Mpuzamahanga giteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, IFAD, ushyirwa mu bikorwa na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi binyuze muri RAB,ukaba ugamije guteza imbere ubworozi bw’inka zitanga umukamo.

Uyu mushinga mugari wa RDDP ll , wagaragaje ko uzegereza amazi aborozi mu nzuri  kugira ngo inka zibone amazi ahagije, uzatera ubwatsi kuri ha 50 zose, uzubakira aborozi amakusanyirizo agezweho, uzongerera ubumenyi aborozi na ba Viterineri n’ibindi.

Uyu mushinga wa RDDP ll  uzatwara akayabo ka Miliyoni 124,490,000 z’amadolari y’Amerika. Ukaba uzakorerwa  mu turere 27 two mu Rwanda mu gihe mu mujyi wa Kigali hazubakwa inganda zitunganya ibikomoka  k’ururuherekane nyongeragaciro rw’amata , mu rwego rwogukemura ibibazo aborozi bahura na byo, nko kubura aho bagurishiriza umukamo,  kubura  imiti, kubura ubwatsi bw’amatungo, kubura ubumenyi bujyanye no kwita ku matungo, kubura inka zitanga umukamo n’ibindi.

Mu bari bitabiriye icyo gikorwa cyo kumurika ku mugaragaro  umushinga wa RDDP ll, hari harimo n’abarozi  baturutse mu mirenge itandukanye igize akarere ka Rubavu, bakaba barishimiye uwo mushinga  basaba ko umushinga ugomba kuzakora nk’uko bawugaragarijwe.

Mutangana Jean Baptiste  akaba atuye mu Karere ka Rubavu, by’umwihariko akorera ubworozi bw’inka  mu mirenge ya Rugerero  na Rubavu. Yavuze ko  umushinga wa RDDP ll  uje gukemura byinshi ku borozi b’amatungo, cyane ko bagiye kutwunganira  bakadukemurira ikibazo cy’amazi.

At’’Twari dufite ikibazo cy’amazi, aho twajyaga kuvomera amatungo ku migezi ivomerwaho n’abaturage  ugasanga turi kubangamira abaturage cyane ko twe aborozi dukoresha  amazi menshi, ikindi kibazo twari dufite n’ikijyanye n’ubwatsi  aho amatungo twayagaburiraga ibirayirayi ugasanga birigutera impumpuro mbi mu mata, ariko uyu mushinga watugaragarije ko ugiye gukemura ibyo bibazo byose.’’

Akomeza agira at’’Uyu mushinga wanatwemereye ko  uzatwubakira ibiraro  bigezweho, cyane ko ibyo twari dusanganwe byashaje bikaba byarabaye intandaro yo gutuma inka zizererezwa  kugasozi bigateza umwanda ku gasozi.’’

Akomeza avuga ko uyu mushinga uzabafasha mu gushyira ku murongo ibibazo bihangayikishije abarozi muri rusange.

Kayiranga Martin akaba ari umukozi muri  RAB  yavuze ko umushinga wa RDDP ll  bamaze gushyira ahagaragara  muri aka Karere ka Rubavu,  bagomba kuwukora  nk’uko bawutangarije aborozi.

Ati’’Buri muturage wese ufite inka agombwa gufashwa  n’umushinga wacu mugihe hari imboga mizi yahuye nazo, abaturiye agace ka Gishwati  tugomba kubegereza amazi mu Nzuri kugira ngo inka zibone amazi ahagije.’’

Akomeza agira at’’Tugomba gukora ibishoboka byose  kugira ngo inka zizamure umukamo zive kuri Litiro 4 ahubwo zibe zakamwa umukamo utubutse.’’

At’’Turifuza ko inka y’inyarwanda iva kuri Litiro 4 ikagera kuri Litiro 5,6 ku munsi, hanyuma inka y’inzungu yakamwaga Litiro 15 turifuza ko yakamwa nibura Litiro 20 ku munsi,ibyo bikaba bizazamura umukamo.’’

Yakomeje avuga ko bazatera inkunga buri muntu wese ufite inka hatagendeye ku mubare w’inka umworozi afite, yanakomoje no ku kibazo cy’abantu bazerereza inka ku gasozi avuga ko biriya bidatanga umukamo ko bagomba kuzishyira mu nzuri kuko ariyo nzira imwe yo kubona umukamo utubutse.

Meya w’akarere ka Rubavu Murindwa Prosper yavuze ko uburambe bw’umushinga bushingira kuri banyirumushinga abo bita agagenerwa bikorwa, yavuze ko bagiye gukorana n’umushinga  muri gahunda yo kuzamura umukamo ukomoka ku nka.

Ati’’Uyu  mushinga uzadufasha mu guhugura aborozi na ba Viterineri, uzadufasha mu gukemura ibibazo by’abaturage bazerereza inka ku gasozi, uzanadufasha mu gutubura  ubwatsi  kuri hegitari 50 akazaba ari ubwatsi bwera vuba.’’

Akomeza avuga ko umushinga wa RDDP ll atari umushinga  wo gukinirwamo ko uzawukoreramo ibyo  yishakiye bidafite aho bihuriye n’umushinga ko azahanwa.

Raporo y’imishinga yakozwe n’ikigega mpuzamahanga gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi (IFAD), ivuga ko inka zose mu Rwanda zigera ku miriyoni 1,6, mu gihe 41% ari imbyeyi zikuze.

Mu mushinga wa mbere wa RDDP yari yarashoye  Miliyoni 65,100,000 z’amadolari mu guteza imbere ibikomoka ku nka mu Rwanda.

Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi (MINAGRI) ivuga ko mu mwaka wa 2023 umusaruro w'amata mu Rwanda wiyongereye, ugera kuri toni zirengalitiro miliyari imwe mu 2023, uvuye kuri toni 891,326 muri 2020, na toni zirenga 372,600 muri 2010.

Yanditswe na Donatien Nsengimana.



Izindi nkuru wasoma

Rubavu: Hamuriswe umushinga wa RDDP II witezweho guteza imbere ubworozi bw’inka.

Rubavu: TTC GACUBA II yabaye iya mbere mu kwakira neza ingamba za Minisiteri y’Uburezi.

Manchester City ntiyabashije kwikura imbere ya Newcastle United.

Rubavu: Abatazi gukoresha EBM bari kwisanga mu gihombo gikabije.

Bikomeje guteza urujijo nyuma y’ibisasu birimo n’ibikomeye byanyanyagijwe mu mujyi wa Bujumbura



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-10-05 17:44:19 CAT
Yasuwe: 12


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Rubavu-Hamuriswe-umushinga-wa-RDDP-II-witezweho-guteza-imbere-ubworozi-bwinka.php