Rubavu: Abagore bishimiye umutekano n’iterambere, basabwa guharanira kwigira
Kuri uyu wa 8 Werurwe 2025, abagore bo mu karere ka Rubavu bizihije umunsi mpuzamahanga w’abagore, bishimira iterambere bamaze kugeraho binyuze mu mutekano n’ubufatanye mu kwigira.
Mu murenge wa Bugeshi, habereye ibirori bikomeye byitabiriwe n’abayobozi batandukanye, barimo Honorable Muzaba Alice, Senateri Dr. Havugimana, Depite Nyiramana Christine, Depite Kalisa Jean Sauveur, intumwa ya Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Uwambajemariya Florence, abayobozi b’inzego z’umutekano, komite y’akarere, ndetse n’abafatanyabikorwa.
Mu ijambo ryabo, abagore ba Rubavu bagaragaje ko bishimira intambwe bamaze gutera mu bijyanye n’iterambere, ariko by’umwihariko bashimira Leta ku mutekano usesuye urangwa mu karere kabo. Bavuze ko uyu mutekano wabafashije kwiteza imbere no gukora imishinga irambye.
Umwe mu bagore wari witabiriye ibi birori yagize ati: "Umutekano dufite ni wo utuma dutera imbere. Iyo urugo rufite amahoro, umugore akora atuje, abana bariga neza, ubucuruzi burakura. Twishimira ko ubu abagore tubasha kwihangira imirimo, tukaguriza mu bigo by’imari, tukiteza imbere tudatinya."
Honorable Muzaba Alice, yashimangiye ko iterambere ry’umugore rifitanye isano n’umutekano, asaba abagore gukomeza kubaka umuryango ushikamye.
Yagize ati: "Abagore turashoboye kandi tugomba gukomeza guteza imbere imiryango yacu. Iterambere ry’umugore si irye gusa, ni iry’igihugu cyose. Tugomba gukorana n’ibigo by’imari, tugashora imari, tukava mu bukene kandi tukagira uruhare mu bukungu bw’igihugu."
Nubwo iterambere ry’umugore rigenda ryiyongera, hari ibibazo by’amakimbirane mu miryango bikibangamira bamwe. Mu butumwa bwe, uhagarariye abagore mu karere ka Rubavu yasabye abagore n’abagabo gukemura amakimbirane mu nzira y’ibiganiro, bakirinda ihohoterwa rikibangamiye uburenganzira bw’umugore n’iterambere ry’umuryango.
Yagize ati: "Ntitwifuza ko iterambere ryacu ribangamirwa n’amakimbirane mu miryango. Iyo umugabo n’umugore batumvikana, abana barahungabana, n’iterambere rikadindira. Tugomba gukomeza gushyira imbere ibiganiro, kubahana no gukorera hamwe kugira ngo twubake imiryango ikomeye izana iterambere rirambye."
Mu rwego rwo gushimangira iyi ngingo, abayobozi basabye abagore kudaceceka mu gihe bahura n’ikibazo cy’ihohoterwa, ahubwo bakagana inzego zishinzwe gukemura ayo makimbirane, bakishakira ibisubizo birambye binyuze mu biganiro no kwihangira imirimo yabafasha kwigira.
Umwanditsi: Nsengimana Donatien |Ijambo.net
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show