English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Rubavu: Abayisilamu basabwe kwitabira gahunda zo Kwibuka no kurwanya amacakubiri

Abayoboke b'Idini ya Islam mu ntara y'Iburengerazuba by'umwihariko akarere ka Rubavu basabwe kurwanya amacakubiri no kuzitabira gahunda zo Kwibuka ku ncuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Ibirori byijihirijwe kuri Stade Umuganda 

Ibi babisabwe ubwo bari mu masengesho yo gusoza igisibo cya Ramadhan cyasojwe kuri uyu wa 30 Werurwe 2025, aho bitabiriye ari benshi muri Sitade Umuganda iri mu karere ka Rubavu bari kumwe n'incuti n'abavandimwe bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Sheikh Ahmad Iyakaremye Imam wa Islam yavuze ko uyu munsi ukwiye kurangwa n'ibikorwa by'urukundo aho buri wese agomba kwegera mugenzi we.

Sheikh Ahmad Iyakaremye yasabye aba Islam kumvira no kujya kure y'abashaka kubiba amacakubiri mu idini

Yasabye aba Islam kwitabira gahunda zo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe abatutsi no kwitabira gahunda za Leta zose.

Yagize ati ‘’Ndasaba buri wese kubiba urukundo, kurwanya amacakubiri aho ava akagera no guharanira iterambere rya buri wese, ndasaba abayoboke kurwanya uwariwe wese washaka kubatanya, mureke dusenyere umugozi umwe."

Yashimye abaturage ba Goma baje kwifatanya naba Rubavu kwizihiza uyu munsi yemeza ko igihugu cy'u Rwanda gitanga ikaze kuri buri wese.

Hadji Maguru Ramadhan umuyobozi ushinzwe Ubutabera mu dini ya Islam mu karere ka Rubavu yasabye abayoboke kurangwa n'urukundo aho bari hose no kugendera ku murongo bahabwa n'Igihugu.

Yagize ati ‘’Uku kwezi gushize kwabaye umwanya mwiza wo kurushaho kwegera Imana, no kwegerana dufashanya, ufite akagerageza guha udafite kandi ni ibikorwa dukomeza, kwabaye umwanya w'ibyishimo kandi birakomeje.’’

Akomeza agira ati ‘’Twasabwe kwitabira ibikorwa byo Kwibuka kandi natwe turiteguye Kwibuka abacu duharanira ko Ibyabaye bitazongera kubaho ukundi.’’

Ibirori byo gusoza igisibo muri Rubavu byitabiriwe n'Imbaga Nyamwinshi yabatuye mu karere ka Rubavu no mu nkengero zayo ndetse n'abaturanyi baturutse i Goma cyane ko ubugenderane bwarushijeho kwiyongera nyuma y'uko M23 ifashe imijyi mikuru ya yaba muri Kivu y’amajyepfo ndetse n’amajyaruguru.

Ni ibirori byitabiriwe n'imbaga nyamwinshi
Abana n'ababyeyi bari bishimye


Izindi nkuru wasoma

Kicukiro: Njyanama yiyemeje gukaza ingamba mu kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana

Perezida Kagame yifurije Abayisilamu Eid al-Fitr, abibutsa indangagaciro z’impuhwe n’ubumwe

Rubavu: Abayisilamu basabwe kwitabira gahunda zo Kwibuka no kurwanya amacakubiri

Kayonza: Ibyo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi basaba Leta mbere Kwibuka ku nshuro ya 31

NESA yatangaje gahunda y’uko abanyeshuri bazataha bajya mu biruhuko



Author: Nsengimana Donatien Published: 2025-03-30 14:19:30 CAT
Yasuwe: 46


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Rubavu-Abayisilamu-basabwe-kwitabira-gahunda-zo-Kwibuka-no-kurwanya-amacakubiri.php