English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Rayon Sports yanganyije na Musanze FC, ikinyuranyo n'APR FC kiragabanuka.

Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Musanze FC ibitego 2-2 mu mukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium kuri iki Cyumweru.

Ibi byatumye iguma ku mwanya wa mbere n’amanota 37, ariko ikinyuranyo cy’amanota yayitandukanyaga na APR FC kiragabanuka kikagera kuri abiri, nyuma y’uko APR itsinze Kiyovu Sports ibitego 2-1.

Uko umukino wagenze

Ku munota wa 45+5, Rayon Sports yafunguye amazamu ku gitego cya Fall Ngagne, nyuma yo guhabwa koruneri yatewe na kapiteni Muhire Kevin. Icyakora ibyishimo byabo ntibyatinze kuko ku munota wa 45+7, Musanze FC yahise yishyura ku gitego cyatsinzwe na Sunday Inemeste, amakipe yombi ajya kuruhuka anganya 1-1.

Mu gice cya kabiri, Rayon Sports yakoze impinduka zirimo gukuramo Aziz Bassane asimbuzwa na Adama Bagayogo wagiye agerageza amashoti ya kure, ariko umunyezamu wa Musanze, Nsabimana Jean de Dieu, akomeza witwara neza.

Ku munota wa 79, Rayon Sports yongeye kubona kufura yatewe na Muhire Kevin, maze Fall Ngagne atsinda igitego cye cya 11 muri shampiyona. Gusa ibyishimo by’Aba-Rayons byasubiye inyuma ku munota wa 89 ubwo Musanze FC yabonaga kufura yatewe na Konfor Bertrand, maze Adeaga Johnson atsindira Musanze igitego cyo kunganya.



Izindi nkuru wasoma

Rayon Sports yanganyije na Musanze FC, ikinyuranyo n'APR FC kiragabanuka.

Rutahizamu w'igikoko wa APR FC yayifashije kwandagaza Kiyovu Sports.

Ntabwo urugendo rwa Kiyovu Sports i Rubavu rwagenze neza.

Rayon Sports yasinyishije rutahizamu Abeddy Biramahire.

Umukinnyi mpuzamahanga w’Umunya-Kameruni, Innocent Assana NAH yinjiye muri Rayon Sports.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-10 07:27:50 CAT
Yasuwe: 8


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Rayon-Sports-yanganyije-na-Musanze-FC-ikinyuranyo-nAPR-FC-kiragabanuka.php