Perezida wa Centrafrique Touadéra yashimangiye ubufatanye na RDF mu mavugurura y’umutekano.
Itsinda ry’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) riyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, riri mu ruzinduko muri Repubulika ya Centrafrique (RCA), aho ryakiriwe na Perezida w’iki Gihugu, Faustin-Archange Touadéra.
Nk’uko byatangajwe n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, uru ruzinduko rwatangiye ku wa Kabiri tariki ya 04 Werurwe 2025, rukaba rugamije gukomeza umubano ushingiye ku bufatanye mu bya gisirikare hagati y’u Rwanda na Centrafrique.
Mu butumwa RDF yashyize ahagaragara, bugaragaza ko Maj Gen Nyakarundi ari kumwe n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Imyitozo muri RDF, Lt Col L. Kabutura. Iri tsinda ryakiriwe kandi n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrique (FACA), bakirwa ku mugaragaro na Perezida Touadéra.
Mu kiganiro bagiranye, Perezida Touadéra yashimangiye ko imikoranire ya gisirikare hagati ya RCA n’u Rwanda irimo gutera imbere, haba mu bijyanye no kubungabunga umutekano muri iki gihe ndetse no mu myitozo y’abasirikare izakomeza mu bihe biri imbere. Yagaragaje ko ibi byose ari ibirimo gushyirwa mu murongo wa gahunda y’amavugurura mu bijyanye n’umutekano.
Uru ruzinduko rw’itsinda rya RDF ruri kuba mu gihe hasigaye iminsi micye ngo hasozwe imyitozo ya gisirikare yatanzwe ku bufatanye bwa RDF na FACA i Bangui. Ubuyobozi bwa RDF bwemeje ko aba bayobozi b’Ingabo z’u Rwanda bazanasura abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique, bagamije gusuzuma uko ibikorwa byabo bigenda.
U Rwanda rumaze igihe ari umwe mu bafatanyabikorwa bakomeye ba Repubulika ya Centrafrique mu bijyanye n’umutekano, aho rufite Ingabo n’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (MINUSCA), ndetse rukanafasha iki gihugu mu myitozo ya gisirikare.
Iri tsinda rya RDF rikomeje uru ruzinduko rufite intego yo gukomeza gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’Ingabo z’u Rwanda na Centrafrique, bigamije iterambere ry’ubushobozi bwa gisirikare bw’iki gihugu.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show