Perezida Tshisekedi yemeye ibiganiro na M23: Impinduka mu mvugo ye?
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko izitabira ibiganiro bitaziguye n’umutwe wa M23, mu rwego rwo gushakira umuti ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bw’igihugu. Ibi biganiro biteganyijwe ku wa Kabiri, tariki 18 Werurwe 2025, bikazabera muri Angola, igihugu gisanzwe cyariyemeje kuba umuhuza muri iki kibazo.
Tina Salama, umuvugizi wa Perezida Félix Tshisekedi, yemeje kuri iki Cyumweru, tariki 16 Werurwe 2025, ko Leta ya RDC izitabira ibi biganiro.
Yagize ati: "Kugeza ubu, ntabwo twavuga abagize itsinda rizahagararira guverinoma muri ibi biganiro."
Ku ruhande rwa M23, uyu mutwe nawo mu mpera z’iki cyumweru wemeje ko wakiriye ubutumire bwatanzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Ambasaderi Tete Antonio. M23 yari yasabye ko Perezida Tshisekedi yemeza ku mugaragaro ko afite ubushake bwo kuganira, cyane ko mbere atari ashyigikiye ibiganiro n’uyu mutwe yita uw’iterabwoba.
Perezida Tshisekedi yakomeje gushinja u Rwanda gushyigikira M23, ibyo u Rwanda rwamaganye inshuro nyinshi. Uru rugendo rushya rw’ibiganiro rushobora kugena icyerekezo gishya cy'uburyo ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa RDC kizakemurwa.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show