Perezida Trump ashyizeho undi musoro mushya uzagira ingaruka zikomeye kuri Canada.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko azashyiraho umusoro wa 25% ku byuma byose n’aluminium bizajya biva mu bihugu bitari muri Amerika. Iki gikorwa gishobora kugira ingaruka zikomeye cyane kuri Kanada, kuko ari kimwe mu bihugu bikomeye byohereza ibyuma muri Amerika, ndetse na Mexique.
Trump yavuze ko azatangaza ibyemezo bijyanye n’imisoro kuri buri gihugu gishyira imisoro ku bicuruzwa bivuye muri Amerika.
Yavuze ati: "Niba baduha umusoro, natwe tuzabishyiraho." Ibi byavuzwe ubwo yari atwaye indege y’igihugu ava muri Mar-a-Lago muri Florida ajya muri Super Bowl muri New Orleans.
Kanada na Mexique ni bimwe mu bihugu Amerika ifitanye amasezerano akomeye mu bucuruzi bw’ibyuma n’aluminium. Mu gihe cy’ubuyobozi bwa mbere bwa Trump, yashyizeho imisoro ku byuma n’aluminium bitumizwa muri Kanada na Mexique, ariko nyuma y’umwaka umwe, Amerika n’ibyo bihugu byageze ku masezerano yo gukuraho imisoro.
Doug Ford, umukuru w’intara ya Ontario muri Kanada, yavuze ko ibyo Trump yavuze ari guhindura gahunda mu buryo bw’ibibazo bishobora guhungabanya ubukungu bwa Kanada.
Icyo Trump yavuze kandi cyatumye imigabane y’ibigo bikomeye bya Koreya y’Epfo, kimwe mu bihugu byohereza ibyuma byinshi muri Amerika, igabanuka.
Mu gihe ubwo, Minisitiri w'Intebe wa Autralia, Anthony Albanese, yavuze ko igihugu cye kizajya komeza gusaba Amerika kuzaha igihugu cyabo uburenganzira bwo gukuraho imisoro ku byuma n’aluminium nk'uko byari byarakozwe mu gihe cy’ubuyobozi bwa Trump.
Imisoro ni kimwe mu bikorwa Trump yifashisha mu kubaka ubukungu bwa Amerika no kurinda imirimo, ndetse no gukusanya imisoro. Nyuma yo gushyiraho imisoro kuri Kanada na Mexique, Trump yanateje imyigaragambyo hagati ya Amerika na China, aho nabyo byagiye bishyiraho imisoro ku bicuruzwa biva muri buri gihugu.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show