English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Perezida Kagame yashimiye urubyiruko rwitabiriye Giants of Africa rwakoze umuganda

 

Perezida Paul Kagame yashimiye urubyiruko rwaturutse mu bihugu by'Afurika bitandukanye byitabiriye iserukiramuco rya Giants of Africa ko rwitabiriye umuganda kuri uyu wa 19 Kanama 2023.

Ni umuganda uru rubyiruko rwakoze mbere yo gusoza iri serukiramuco risozwa kuri iki cyumweru.

Perezida Kagame na we witabiriye uyu muganda wabereye mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yabwiye uru rubyiruko rwaturutse m,u bihugu 16 ko rwerekanye  ko hari icyo rushaka kugeraho, ndetse ko ari urumuri ruzamurikira abanyafurika n'isi  muri rusange.

Yagize ati " Mwakoze cyane kuba mwabonetse ngo tube turi kumwe, mukaba mubona umwanya wo gukora siporo n'ibindi bibateza imbere, biteza imbere Ibihugu byanyu n'umugabane.Mwadute ishema, mwatweretse ko hari ibyo mushaka kugeraho bigaragara, ni nk'urumuri ruzakwira umugabane wose."

Masai Ujiri washinze umuryango Giants of Africa na we yitabiriye uyu muganda, avuga ko igikorwa cy'umuganda ari kimwe mu bituma u Rwanda rugira isuku.

Yavuze ko ari igikorwa cyiza urubyiruko rugomba gufataho urugero ndetse yemeza ko gusukura Igihugu nta ho biohuriye n'ubukene cyangwa ubukire.

 



Izindi nkuru wasoma

Abofisiye bato 1029 bahawe amapeti, Brian Kagame n'umwe muri bo”

Perezida wa Mozambique ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Isasu rigomba kugenda ryanditseho izina ry’uwo rigenewe-Perezida Kagame

Urubyiruko rwasabwe gukoresha ubumenyi bwarwo mu kugaragaza isura Nziza y’igihugu

Perezida Kagame yitabiriye inama yahuje Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma za EAC na SADC



Author: Muhire Desire Published: 2023-08-19 08:58:39 CAT
Yasuwe: 265


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Perezida-Kagame-yashimiye-urubyiruko-rwitabiriye-Giants-of-Africa-rwakoze-umuganda.php