Perezida Kagame na mugenzi we wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu bagiranye ikiganiro
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, UAE, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan yahamagaye Perezida Paul Kagame kuri telefone amushimira ku ntsinzi yo kongera kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri imbere aherutse kwegukana.
Ni intsinzi Perezida Kagame yegukanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku wa 14-15 Nyakanga 2024, atsindira ku majwi 99,18%, atsinze Dr. Frank Habineza Green Party wagize 0.50% na Mpayimana Philippe wagize amajwi 0.32%.
Nyuma y’intsinzi mu matora, kuri iyi nshuro Perezida Sheikh Mohamed yifurije Perezida Kagame indi ntsinzi mu kugeza u Rwanda ku iterambere na cyane ko ari igihugu cyagaragaje imbaragaza nyinshi mu kuvana abaturage mu bukene byuzuye mu myaka 30 ishize.
Mu kiganiro na Perezida Kagame, Sheikh Mohamed yagaragaje ko igihugu cye kitazahwema gufatanya n’u Rwanda mu kuzamura umubano w’ibihugu byombi, no gufatanya mu mishinga y’iterambere mu nzego zitandukanye ku nyungu za buri ruhande.
Perezida Kagame na we yashimiye mugenzi we wa UAE wamwifurije ishya n’ihirwe mu myaka itanu iri imbere y’ubuyobozi, agaragaza ko anejejwe n’uko iki gihugu cyo ku Mugabane wa Aziya gihora kizirikana u Rwanda n’abarutuye.
Umubano w’u Rwanda na UAE ushingiye ku nzego nyinshi nk’uburezi, Ikoranabuhanga, ubucuruzi, ubuhinzi n’ibindi.
Nko muri Werurwe 2024, Minisiteri y’Ubukungu muri UAE yagaragaje ko ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi bwakomeje gutumbagira, aho nka 2023 yasize bugeze kuri miliyari 1,1$ (arenga miliyari 1.413 Frw).
Ni ubucuruzi u Rwanda rufitemo uruhare runini cyane, ku bijyanye n’ibyo rwohereza muri iki gihugu cyo ku Mugabane wa Aziya, birangajwe imbere n’imboga n’imbuto.
Buri cyumweru u Rwanda rwohereza byibuze toni zirenga 60 z’imboga n’imbuto muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show