Nyiri kigo Billion Traders FX Akaliza Sophie agiye gufungwa imyaka itanu, Menya impamvu
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishije urubanza ruregwamo Akaliza Sophie ku cyaha cyo gutanga sheki itazigamiwe, aho ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyari 5.3 Frw.
Akaliza Sophie aregwa kuba yarahaye Muyango Deo Rutayisire sheki ya miliyoni 532 Frw tariki 8 Mata 2024, ariko igihe cyo kuyishyura kigeze basanga nta mafaranga ari kuri konti. Muyango ni umwe mu bantu barenga 500 barega Manzi Davis, umugabo wa Sophie, kubambura amafaranga arenga miliyari 13 Frw binyuze mu kigo Billion Traders FX cyakaga abaturage amafaranga kibizeza inyungu z’umurengera.
Ubwo urubanza rwaburanishwaga kuri uyu wa Gatanu, tariki 14 Werurwe 2025, Akaliza Sophie ntiyitabiriye urukiko nubwo yari yabimenyeshejwe, bituma urubanza ruburanishwa adahari.
Ubushinjacyaha bwasabye igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyari 5.3 Frw
Ubushinjacyaha bwagaragaje ko Akaliza Sophie yakoze icyaha cyo gutanga sheki itazigamiwe, busaba ko urukiko rumuhanisha igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyari 5.3 Frw, ikubye inshuro 10 ayo yari yemeye kuri sheki nk’uko amategeko abiteganya.
Ku rundi ruhande, umunyamategeko wa Muyango Deo Rutayisire yasabye ko Sophie yishyura indishyi zirenga miliyari 10 Frw, agaragaza ko yatanze amafaranga menshi mu kigo Billion Traders FX cyari kiyobowe na Sophie na Manzi Davis, bamuha icyizere ko azabona inyungu.
Muyango yavuze ko yatanze ibihumbi by’amadorari mu mwaka wa 2023-2024 yizezwa inyungu ishimishije, anagaragaza ko icyo kigo cyari gifite icyemezo gitangwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), bituma yizera ko cyemewe n’amategeko.
Urubanza ruzasomerwa tariki 10 Mata 2025
Nyuma yo kumva impande zombi, umucamanza yafunze urubanza, atangaza ko umwanzuro uzasomwa tariki 10 Mata 2025 saa munani z’amanywa.
Uyu mwanzuro uzagena niba Akaliza Sophie ahamwa n’icyaha, igihano azahabwa, ndetse n’indishyi yasabwe n’uregwa.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show