English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.
Nyaruguru: Akarere kaciwe Miliyoni zigera kuri 580 Frw kubera kunyanganya ba Rwiyemezamirimo.

Yashyizweho na Jean Claude Munyurwa.

Mu karere ka Nyaruguru gaherereye mu majyepfo y’igihigu cy’u Rwanda kamaze gucibwa Miliyoni zisaga 580 Frw yo kwishyurwa Sosiyete yitwa BES & Supply yari yaratsindiye isoko ryo kubaka Gare ya Kibeho hamwe n’Isoko rigezweho rya Nyaruguru, iza kuryamburwa mu buryo busadobanutse.

Ibi byaje kwemezwa ubwo Urukiko rw’Ubucuruzi  rwateranaga ku wa 21 Ukwakira 2019 rwemeza ko  Akarere ka Nyaruguru kagomba  kwishyura iyo Sosiyete  zigera kuri 585,379,543 z’amafaranga y’u Rwanda (Frw) harimo ay’imirimo yakoze, amande y’ubukererwe n’indishyi z’akababaro.

Mu kwezi kwa 3, 2015, nibwo Sosiyete yitwa BES & Supply ihagarariwe na Nzizera Aimable yatsindiye isoko ryo kubaka Gare ya Kibeho hamwe n’Isoko rigezweho rya Nyaruguru. N’imirimo yagombaga kumara amezi 18, itwaye 840.675.210 Frw nyamara Nzizera avuga ko ubwo isoko ryari rigeze ku gipimo cya 80% yaryambuwe ashinjwa kutarangiza imirimo vuba, rihabwa undi rwiyemezamirimo kuri miliyoni 590 Frw.

Umwe mubakorewe amanyanga witwa Nzizera yashinje Akarere ka Nyaruguru kumukorera amanyanga kuko hari hasigaye imirimo izatwara agera kuri Miliyoni 70 Frw ariko Rwiyemezamirimo warihawe bwa kabiri yishyurwa Miliyoni 590 Frw.

Akomeza avuga  ko muri iyo minrimo harimo iya Miliyoni zisaga ijana (100 Frw) uwo rwiyemezamirimo yahise yishyurwa kandi Nzizera yari yarayirangije.

Yongeraho  ko akimara kubona ko yambuwe isoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko  yahisemo kugana inzira y’ubutabera kugira ngo arenganurwe.

Aganira n’itangazamakuru yashimye icyemezo cy’urukiko kuko rwashyize mu gaciro rukumva akarengane ke.Yagize ati “Nyuma y’uko urubanza rurangiye twebwe dutegereje ko akarere gashobora kujurira ariko ubwo batajuriye icyo tugomba gukora ni ukujya kubishyuza. Njyewe nishimiye icyemezo cy’urukiko.”

Twabibutsa ko mu kwezi kwa 3, 2019 Nzizera yari yabwiye Itangazamakuru  ko kuba yarambuwe isoko mu buryo budasobanutse kandi yari amaze kuritakazaho amafaranga menshi ndetse hari na fagitire z’ibikoresho yari yaraguze arenga Miliyoni 400 Frw byatumye agenda atishyuye abaturage yakoresheje.

Akomeza avuga ko  ngo Akarere nikubahiriza icyemezo cy’urukiko akishyurwa na we azahita yishyura abaturage abereyemo ideni.

Habitegeko Francois,Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru,  aganira n’itangazamakuru yavuze ko amakuru y’uko batsinzwe yayamenye ariko batarabona umwanzuro w’urukiko ngo barebe icyo bakora.

Habitegeko Francois umuyobozi w'Akarere ka Nyaruguru.

Yagize ati “Nibyo  ni ko nabibonye ko Akarere katsinzwe; ntabwo turabona umwanzuro w’urukiko, nituwubona turawusuzuma tuzawureba maze duhereho dufata  icyemezo cy’icyo dukora.”

Uyu muyobozi w’akarere ka Nyaruguru akomeza avuga ko kuri ubu isoko rya Kibeho na Gare byamaze kuzura ku buryo rishobora gutahwa mu minsi micye.



Izindi nkuru wasoma

Gasabo: Umusore w’imyaka 24 akurikiranyweho gusambanya abana batandatu.

Urubyiruko 33 rwahawe Miliyoni 170 Frw nyuma yo guhugurirwa mu mahanga.

M23 irakurikizaho iki nyuma yo gufata no kugenzura umujyi wa Goma muri DRC.

ITANGAZO RY'UMUTUNGO UTIMUKANWA UHEREREYE RULINDO WAGURA KURI MAKE

Amerika yafashe icyemezo gikakaye nyuma y’ibitero byagabwe kuri Ambasasde yabo muri DRC.



Author: Jean Claude Munyurwa Published: 2019-10-23 07:35:16 CAT
Yasuwe: 787


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
Nyaruguru-Akarere-kaciwe-Miliyoni-zigera-kuri-580-Frw-kubera-kunyanganya-ba-Rwiyemezamirimo.php