English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Moise Katumbi yatangaje gahunda nshya yo kweguza Perezida Tshisekedi.

Moise Katumbi, umwe mu baherwe bakomeye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko agiye gutangiza gahunda yo kweguza Perezida Félix Tshisekedi. Iyi nkuru yamenyekanye nyuma y’uko Katumbi agaragaje impungenge ku miyoborere ya Tshisekedi, avuga ko ashyigikiye impinduka mu gihugu, ndetse anatanga ibitekerezo ku mpamvu avuga ko Perezida Tshisekedi agomba kwegura.

Mu kiganiro n’Umunyamakuru w’Ijwi rya Amerika, Moise Katumbi yavuze ko Perezida Tshisekedi yirengagije inshingano ze nk’umukuru w’igihugu, atitabira inama z'ingenzi z’abakuru b’ibihugu.

Yavuze ko yari agomba kwitabira inama y'abayobozi bo mu Muryango w'Ibihugu bya Afurika y'Iburasirazuba (EAC) ndetse na SADC yabereye i Dar es Salaam ku itariki ya 8 Gashyantare 2025, ariko agahitamo kohereza Minisitiri w’Intebe, aho kuba we ubwe.

Katumbi yagaragaje ko iyi myitwarire igaragaza ubwoba bwa Perezida Tshisekedi bwo guhura n’abayobozi bagenzi be kubera amagambo n’imyitwarire byamubayeho mu bihe bitandukanye. Avuga ko ubuyobozi nyakuri bukwiye guhangana n’ibibazo no gutanga ibisubizo bitari ukwirengagiza inshingano.

Yagize ati, “Félix Tshisekedi yongeye guhangana n’ibitekerezo bye, birangira atorotse inama. Ubuyobozi nyakuri ntibuhunga.”

Katumbi yashimangiye ko impinduka mu miyoborere ya Congo zifite akamaro kandi ko Perezida Tshisekedi agomba kwegura kugira ngo igihugu gishyireho ubuyobozi bushobora gukemura ibibazo bihari. Yavuze ko mu gihe imiyoborere idahindutse, habaho gukurura ibibazo byinshi muri politiki n’ubukungu, bikaba byateza igihugu mu bibazo bikomeye.

Ibi bibazo byagaragajwe na Katumbi byakomeje kubazwa mu bitangazamakuru byo muri Congo, cyane cyane kuri YouTube, aho abantu benshi bemeza ko impinduka ari ngombwa. Katumbi, hamwe n'abandi bashyigikiye iyi gahunda, bavuze ko igihe cyo guhindura abayobozi kirageze.

Gusa, mu gihe ibi bibazo byagiye byiyongera, hari bamwe mu banyapolitiki n'abaturage bashyigikiye Perezida Tshisekedi, bavuga ko hakiri igihe cyo gukomeza gukorana na Perezida Tshisekedi, ndetse ko ari we ufite ububasha bwo gukemura ibibazo by'igihugu.



Izindi nkuru wasoma

Perezida Trump ashyizeho undi musoro mushya uzagira ingaruka zikomeye kuri Canada.

Moise Katumbi yatangaje gahunda nshya yo kweguza Perezida Tshisekedi.

Perezida Kagame yihanangirije DRC mu nama ya EAC-SADC: "Ntawe Ushobora Kutubwira Guceceka"

Minisitiri Suminwa yahagarariye Perezida Tshisekedi mu nama yo gushakira umuti igihugu cyabo.

Perezida Kagame yitabiriye inama idasanzwe ya EAC na SADC yiga ku bibazo bya Congo.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-10 09:26:55 CAT
Yasuwe: 8


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Moise-Katumbi-yatangaje-gahunda-nshya-yo-kweguza-Perezida-Tshisekedi.php