Minisitiri w’Ingabo wa Afurika y’Epfo ku gitutu cyo kwegura nyuma y’urupfu rw’abasirikare 14.
Minisitiri w’Ingabo wa Afurika y’Epfo, Angie Motshekga, ari ku gitutu cyo kwegura nyuma y’uko abadepite bamushinje uburangare bwatumye abasirikare 14 b’iki gihugu bapfira mu mirwano yabereye i Goma, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Ku wa Kabiri tariki ya 4 Gashyantare 2025, Inteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo yakoranye ibiganiro bikomeye byatumiyemo Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba Mukuru w’Ingabo kugira ngo batange ibisobanuro ku byabaye.
Izi ngabo zari mu butumwa bw’akarere nk’abasirikare ba SADC (Umuryango w’Iterambere rya Afurika y’Amajyepfo), ariko bamwe mu badepite bagaragaje impungenge ko koherezwa kwazo byari bifite indi migambi ijyanye n’inyungu z’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro ya Perezida Cyril Ramaphosa n’umuryango we.
Imirwano iteye urujijo
Minisitiri Motshekga yavuze ko abasirikare bapfuye batari mu mirwano, ahubwo barashweho bitunguranye. Ibi ariko ntibyanyuze abadepite, kuko inyandiko zatanzwe na SADC zigaragaza ko ingabo z’Afurika y’Epfo zari zinjiye mu mirwano n’abarwanyi ba M23.
Ubwo yabazwaga umubare nyawo w’abakomeretse ndetse n’aho abasirikare bacyekwa ko bafashwe bunyago bari, Minisitiri Motshekga ntiyatanze ibisobanuro bifatika.
Igisirikare cya Afurika y’Epfo cyaba cyarashutswe?
Depite umwe yavuze ko bitumvikana ukuntu ubuyobozi bw’igihugu bwababeshye ku butumwa bw’ingabo muri RDC.
Ati: “Kuki Minisitiri n’Umukuru w’Igihugu batubeshye ku miterere y’iyo ntumwa? Ntabwo abasirikare bacu bagiye kubungabunga amahoro nk’uko byavuzwe, ahubwo bari mu mirwano, kandi mwari mubizi. Kubw’iyo mpamvu, mwari mukwiye kumenya ko bazaraswaho.”
Depite Carl Niehaus we yasabye Minisitiri w’Ingabo ndetse n’abayobozi b’igisirikare bose kwegura.
Ati: “…Mugomba kwegura uyu munsi! None se ba Jenerali bari gukina Golf kuri Copoli mu gihe abasirikare bacu bari gupfa, bo bazegura ryari?”
Nyuma y’ibi biganiro, bamwe mu badepite basabye ko ingabo za Afurika y’Epfo zihita zitaha zivuye muri RDC, kuko impamvu yazijyanyeyo itumvikana neza.
Ubwo twakoraga iyi nkuru, Minisitiri Motshekga ntiyari yagaragaza niba azegura cyangwa niba ingabo z’iki gihugu zizakurirwa mu butumwa bwa SADC.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show