English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Bwa mbere mu mateka u Rwanda ruje ku mwanya mwiza ku Isi.

U Rwanda rwaje ku mwanya wa 43 ku Isi mu bihugu 180 byarwanyije ruswa ku gipimo gishimishije mu Cyegeranyo cy'Ubushakashatsi Ngarukamwaka ku miterere ya Ruswa ku rwego rw'Isi, CPI 2024.

Ni ubwa mbere mu mateka, u Rwanda rugize uyu mwanya aho rufite amanota 57%.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa gatatu ku Mugabane wa Afurika nyuma ya Seychelles na Cabo Verde.

Mu 2023, u Rwanda rwari ku mwanya wa 49 n'amanota 53% mu gihe muri Afurika rwari urwa kane.

Kwiyongera kw’amanota y’u Rwanda byerekana ko gahunda za Leta zigamije gukumira no kurwanya ruswa zirimo gutanga umusaruro. Ni ingaruka z'ubuyobozi bunoze, imiyoborere myiza, n’ubushake bwo guhashya ruswa mu nzego zitandukanye.



Izindi nkuru wasoma

Ingabo za SADC zigiye gutaha zinyuze mu Rwanda nyuma yo gushyirwaho Igitutu na M23

Ni iyihe mvugo BBC yakoresheje yatunguye Guverinoma y’u Rwanda?

Aho Interahamwe zaryaga Inyama z’Abatutsi - Abaharokokeye basaba ikimenyetso cy’ayo mateka

Rayon Sports mu Gihirahiro: Robertinho na Mazimpaka bahagaritswe mbere y’urugamba na Mukura VS

Tariki 13 Mata 1994: Umunsi w’ubwicanyi ndenga kamere utazibagirana mu mateka y’u Rwanda



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-11 11:18:38 CAT
Yasuwe: 98


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Mbwa-mbere-mu-mateka-u-Rwanda-ruje-ku-mwanya-mwiza-ku-Isi.php