English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

M23 yashyizeho abayobozi bashya muri Kivu y’Amajyaruguru n’Umujyi wa Goma.

Ihuriro rya AFC/M23 ryashyizeho abayobozi bashya mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, harimo no mu Mujyi wa Goma, mu rwego rwo gukomeza guteza imbere imiyoborere muri aka gace.

Ibyo byatangajwe mu itangazo ryashyizwe kuri X na Laurence Kanyuka, Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23 mu bya politiki, ku itariki 5 Gashyantare 2024.

M23 yagize Bahati Musanga Joseph Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru, aho azungirizwa na Manzi Ngarambe Willy, wagizwe Visi-Guverineri ushinzwe ibijyanye na politiki, ubuyobozi, n’amategeko. Amani Bahati Shaddrak we yagizwe Visi-Guverineri ushinzwe ubukungu, imari n’iterambere.

Bahati Musanga Joseph yari asazwe ari umwe mu bamaze igihe mu bukangurambaga bw’umutwe wa AFC/M23 akaba yari Komiseri ushinzwe imari.

Naho Manzi Ngarambe Willy na we azwi ku mbuga nkoranyambaga aho atangaza ibikorwa bya AFC/M23, ndetse ni we wari ushinzwe Diaspora.

Mu byumweru bishize, M23 yemeje ifatwa ry’Umujyi wa Goma, aho yamaze gufata ibice by’ingenzi, birimo Ishami rya Radio na Televiziyo ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RTNC) n’ikibuga cy’indege cya Goma.

Bahati Musanga Joseph Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru.

Ibi bikaba byaraje nyuma yo gufata indi mijyi nka Minova, Sake, n’indi mijyi yo muri Kivu y’Amajyaruguru.

Ishyirwaho rya Bahati Musanga Joseph mu mwanya wa Guverineri ryaje rikurikira urupfu rwa Gen Maj Peter Cirimwami, wayoboraga iyo ntara, wishwe arashwe na M23 mu gace ka Kasengezi. Nyuma y’urupfu rwe, Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, yamusimbuje Maj. Gen. Evariste Somo Kakule, umuyobozi mushya wa Kivu y’Amajyaruguru.

Uretse abayobozi b’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, M23 yashyizeho abandi bayobozi bashya barimo Meya w’Umujyi wa Goma, witwa Mukadisi Niragire Helene. akaba yungirijwe na Ngabo Desire uyu Ngabo yahoze ari mu mutwe wa Wazalendo uhanganye na AFC/M23.

Mukadisi Niragire Helene. Meya w'umujyi wa Goma.

 



Izindi nkuru wasoma

Twitege iki mu nama ya EAC na SADC ku kibazo cya M23 muri RDC?

Imibiri y’Abasirikare 14 baguye muri Congo yanyujijwe mu Rwanda na Uganda mbere yo kugezwa iwabo.

Uko byagendekeye umugabo wiyambitse kinyeshuri kugira ngo ajye kwiba muri FAWE Girls School.

Myugariro wa Mbere ku Isi, Sergio Ramos yasinyiye ikipe ikomeye muri Mexique.

Byagenze bite ngo umunyamakuru yirukanishije umukinnyi watsindaga ibitego muri Police FC.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-06 08:41:05 CAT
Yasuwe: 141


Comments

By UK.Desire on 2025-02-06 07:26:32
 Komereza Aho rwose ijambo net ,nkunda gusoma amakuru yanyu Iyi nkuru yo kushyiraho abayobizi ba Nord Kivu iranejeje rwose ,m23 songa mbele

By UK.Desire on 2025-02-06 07:25:27
 Komereza Aho rwose ijambo net ,nkunda gusoma amakuru yanyu

By Uwayezu Anselme on 2025-02-06 07:18:09
 Kabisa



Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/M23-yashyizeho-abayobozi-bashya-muri-Kivu-yAmajyaruguru-nUmujyi-wa-Goma.php