English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Uko byagendekeye umugabo wiyambitse kinyeshuri kugira ngo ajye kwiba muri  FAWE Girls School.

Mu Karere ka Kayonza, umugabo w’imyaka 35 yafatiwe mu kigo cya FAWE Girls School i Gahini, aho bivugwa ko yari agiye kwibamo nyuma y’uko yari avuye muri College Marie Reine de La Paix (Artisan de Paix) i Rwamagana, aho yibye.

Uyu mugabo, utuye mu Murenge wa Murama muri Kayonza, yagerageje kwiyoberanya mu buryo butangaje.

Yambaye umwambaro w’ishuri w’abakobwa bo muri College Marie Reine de La Paix kugira ngo yirinde gufatwa, ariko ntibyabujije abashinzwe umutekano kumufata.

Mu iperereza, uyu mugabo yatangaje ko yari umwarimu mu ishuri rya EP Kiyenzi riherereye mu Murenge wa Gahini. Ubu bujura bwateye impagarara mu baturage bo muri Kayonza, aho abashinzwe umutekano bagaragaje ko ibikorwa nk'ibi bigomba gukurikiranwa byihutirwa.



Izindi nkuru wasoma

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC, yagize ibyo avuga

Bugingo Hakim yerekeje muri APR FC nyuma yo kwigaragaza muri Rayon Sports

Benitha, Valentine, Prince na Gloire biteguye guhangana n’ibihangange bya Afurika muri Maroc

Uko impanuka yo muri Ngororero yongeye kugaragaza uburangare nyuma yo gukomerekeramo 4

Inkuru iteye ubwoba!: Uko umugabo yacaniriye umuhoro kugeza utukuye maze agashiririza umwana we



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-07 10:51:25 CAT
Yasuwe: 202


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Uko-byagendekeye-umugabo-wiyambitse-kinyeshuri-kugira-ngo-ajye-kwiba-muri--FAWE-Girls-School.php