English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Uko byagendekeye umugabo wiyambitse kinyeshuri kugira ngo ajye kwiba muri  FAWE Girls School.

Mu Karere ka Kayonza, umugabo w’imyaka 35 yafatiwe mu kigo cya FAWE Girls School i Gahini, aho bivugwa ko yari agiye kwibamo nyuma y’uko yari avuye muri College Marie Reine de La Paix (Artisan de Paix) i Rwamagana, aho yibye.

Uyu mugabo, utuye mu Murenge wa Murama muri Kayonza, yagerageje kwiyoberanya mu buryo butangaje.

Yambaye umwambaro w’ishuri w’abakobwa bo muri College Marie Reine de La Paix kugira ngo yirinde gufatwa, ariko ntibyabujije abashinzwe umutekano kumufata.

Mu iperereza, uyu mugabo yatangaje ko yari umwarimu mu ishuri rya EP Kiyenzi riherereye mu Murenge wa Gahini. Ubu bujura bwateye impagarara mu baturage bo muri Kayonza, aho abashinzwe umutekano bagaragaje ko ibikorwa nk'ibi bigomba gukurikiranwa byihutirwa.



Izindi nkuru wasoma

FERWAFA: Dore ibisabwa kugira ngo witabire amahugurwa yo ku rwego rwa Licence C ya CAF.

Twitege iki mu nama ya EAC na SADC ku kibazo cya M23 muri RDC?

Imibiri y’Abasirikare 14 baguye muri Congo yanyujijwe mu Rwanda na Uganda mbere yo kugezwa iwabo.

Uko byagendekeye umugabo wiyambitse kinyeshuri kugira ngo ajye kwiba muri FAWE Girls School.

Myugariro wa Mbere ku Isi, Sergio Ramos yasinyiye ikipe ikomeye muri Mexique.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-07 10:51:25 CAT
Yasuwe: 19


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Uko-byagendekeye-umugabo-wiyambitse-kinyeshuri-kugira-ngo-ajye-kwiba-muri--FAWE-Girls-School.php