Imibiri y’Abasirikare 14 baguye muri Congo yanyujijwe mu Rwanda na Uganda mbere yo kugezwa iwabo.
Imibiri y’abasirikare 14 ba Afurika y’Epfo baguye mu mirwano iherutse guhuza Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23 yacyuwe mu gihugu cyabo, inyuzwa mu Rwanda no muri Uganda.
Iyi mibiri, yaje itwawe mu modoka z’Umuryango w’Abibumbye, yambutse ku Mupaka Munini uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 7 Gashyantare.
Mu Rwanda yakiriwe n’inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’igihugu, aho yahise ikomeza urugendo iyambutsa Uganda, igera ku Kibuga cy’Indege cya Entebbe aho igomba gucyurirwa muri Afurika y’Epfo.
Abaguye muri uru rugamba barimo abasirikare bapfiriye mu mirwano yabereye mu Mujyi wa Goma ubwo umutwe wa M23 wari uri kuwubohoza, n’abandi baguye mu ntambara yabereye i Sake. Amakuru aturuka ahabereye imirwano avuga ko imibiri yatangiye kwangirika bitewe n’igihe kinini yari imaze itaragezwa mu buhukiro bw’Ibitaro.
Biteganyijwe ko iyi mibiri yari icyuwe ku wa Gatatu w’iki cyumweru, ariko igacyurwa bitinze kubera ibiganiro byari bikomeje hagati y’umutwe wa M23 n’Umuryango wa SADC, aho aba basirikare bari mu butumwa bwo gufasha igisirikare cya Congo (FARDC) guhangana n’umutwe wa M23.
Gucyurwa kw’iyi mibiri gukurikiye amagambo y’Umukuru w’Igihugu cya Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, wavuze ko igihugu cye kigiye gukura ingabo zacyo mu butumwa bwa SADC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Yagize ati: “Tugiye gukora ibishoboka byose kugira ngo abahungu bacu batahe iwabo.”
Gukuramo ingabo kwa Afurika y’Epfo bishobora kugira ingaruka zikomeye ku ruhare rw’uyu muryango mu kugarura amahoro muri Congo, ndetse bikaba bishobora no gutuma ibintu birushaho gukomera ku gisirikare cya Congo, gihanganye n’umutwe wa M23 umaze kwigarurira ibice byinshi by’ingenzi.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show