Kuba umwana ashobora guhinduza igitsina yavukanye bitumye Elon Musk afata umwanzuro utoroshye
Umunyemari Elon Musk yatangaje ko agiye gukura ibigo bye muri Leta ya California birimo SpaceX ndetse na X yahoze ari Twitter, kubera itegeko rishya bashyizeho ribuza abarimu kumenyesha ababyeyi ko abana babo biyumva bitandukanye n’uko bavutse ku bijyanye n’igitsina.
Ni itegeko ryashyizweho umukono na guverineri w’intara ya California, Gavin Newsom, ku wa 15 Nyakanga 2024.
Musk yagize ati “ Ndimura icyicaro cya SpaceX kiri muri California mbyimurire muri texas kubera ko itegeko rishya bashyizeho ryo kubuza abarimu kubanza kubaza ababyeyi mu gihe abana babo bahinduye uko biyumva mu bijyanye n’igitsina ribangamira umuryango ndetse n’ibikorwa by’ubucuruzi.”
Yakomeje avuga ko yabwiye Newsom ko iri tegeko rishya yashyizeho rizatuma abantu batuye muri California bahimuka kugira ngo barinde imiryango yabo.
Amerika ni hamwe mu ho abana bahabwa uburenganzira bwo kuba bakwihitiramo igitsina runaka bumva bishimiye gitandukanye n’icyo bavukanye ndetse bikandikwa mu nyandiko z’irangamimerere, ku mashuri n’ahandi.
Icyakora hari Leta zimwe zifite amategeko atabyemera mu gihe ababyeyi batabanje kubitangaho uburenganzira. Kuri ubu muri California, umwana ku ishuri ashobora kwiyita umuhungu kandi yaravutse ari umukobwa, akabyemererwa bitabaye ngombwa ko umubyeyi we abazwa.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show