English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Inkongi y’umuriro yibasiye imwe muri Hoteli zikomeye mu Karere ka Musanze irashya.

Hoteli Muhabura iherereye mu karere ka Musanze yafashwe n’inkongi y’umuriro mu ijoro ryakeye ryo ku wa mbere Tariki 14 Ukwakira 2024 bishyira saa yine.

Amakuru ahari avuga ko iyi nkongi y’umuriro yatangiriye ahagenewe gutegurirwa amafunguro nk’uko amakuru atugeraho.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza yemejeaya makuru.

Ati ‘’Nibyo Koko hari igice cyafashwe n’inkongi cy’iyo Hoteli, ubutabazi bw’ibanze bujyanye no kuyizimya burimo burakorwa. Ibindi birebana na yo turacyabikurikirana.’’

Iyi Hoteli yubatswe hafi y’ibiro by’Akarere ka Musanze, ifatwa nk’imwe mu zubatse izina ahanini bishingiye ku kuba iri mu zabimburiye izindi mu kubakwa mu mujyi wa Musanze, kugeza ubu ikaba iganwa n’abiganjemo abanyamahanga akenshi baba bagenzwa n’ibikorwa bishingiye ku bukerarugendo.

Nsengimana Donatien.



Izindi nkuru wasoma

Icyamamare muri sinema Idrissa Akuna Elba OBE ari mu nzira zogushinga imizi muri Afurika.

Senateri Uwera Pélagie yongeye gusekerwa n’amahirwe atorerwa kuba muri Sena ya PAP.

Nyabihu: Inkongi y'umuriro idasanzwe yatwitse amaduka 8 arashya arakongoka.

CYA,UNARA Y'UMUTUNGO UTIMUKANWA UHERERE MUSANZE

CYAMUNARA Y'UMUTUNGO UTIMUKANWA UHEREREYE KINYABABA MURI BURERA



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-10-15 07:59:48 CAT
Yasuwe: 40


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Inkongi-yumuriro-yibasiye-imwe-muri-Hoteli-zikomeye-mu-Karere-ka-Musanze-irashya.php