Inganda zisaga 416 nizo Green party izubaka nijya ku buyobozi
Kuri uyu wa gatanu Tariki ya 5 Nyakanga ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (Green party ) ryakomereje ibikorwa byaryo byo kwiyamamaza mu turere twa Rulindo na Gakenke Dr.Frank Habineza Perezida waryo atangaza ko naramuka atowe azashyiraho uruganda muri buri murenge hagamijwe guca ubushomeri.
Mu migabo n’imigambi iri shyaka rifite harimo gahunda yo kugabanya ubushomeri mu rubyiruko ndetse no kubanyarwanda muri rusange
Gushyiraho inganda mu gihugu hose hagendewe kubihakorerwa ni imwe mu ngamba zizafasha abanyarwanda mu kubona akazi nkuko Dr.Frank Habineza Yabitangarije abitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza
Yagize ati” Ubu u Rwanda rufite ikibazo cy’urubyiruko rwugarijwe n’ubushomeri utibagiwe n’abakuze kuko nabo bakeneye akazi kabinjiriza amafaranga. Ni mudutora iki kibazo kizaba kigeze ku iherezo kuko buri murenge hagomba kubakwa uruganda bitewe n’ikihakorerwa, niba hera ibitoki hagomba gushyirwa uruganda rutunganya ibitoki, niba muri uwo murenge hakorerwa ubworozi hagomba kubakwa uruganda rutunganya ibikomoka ku bworozi kandi ibi bigakorwa mu gihugu hose ibi bikazafasha abantu kubona akazi haba abize cyangwa abatarize kuko nabo bazakenerwa mu ruganda mu guterura imizigo ndetse n’ibindi.”
Dr. Frank Habineza akomeza avuga ko gushyiraho inganda muri buri murenge hagamijwe guhashya ubushomeri mu banyarwanda bizunganirwa n'ishyirwaho ry'ikigo gishinzwe guhuza abashaka ndetse n'abataka akazi ibi bigakorerwa ku rwego rw'akagari kuburyo umuntu ava murugo afite akazi agiye gukora
Ubushakashatsi buherutse gushyirwa hanze n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda cyagaragaje ko miliyoni 8.2 By’abanyarwanda bafite abandi barengeje imyaka 16 miliyoni 4.37 bonyine aribo bafite akazi ibi bigaragaza uburyo ikibazo cy’ubushomeri kiri hejuru mu gihugu
Ibikorwa byo kwiyamamaza ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije biteganyijwe ko rizabikomereza mu karere ka Muhanga umukandida perezida Dr.Frank Habineza ndetse n’abakandida depite 50 nkuko bemejwe na komisiyo y’igihugu y’amatora bakomeza gusaba abaturage kubagirira icyizere bakabatora mu matora ateganyijwe tariki ya 14 na 15 Nyakanga kugirango imigambi bafitiye abanyarwanda ishyirwe mu bikorwa
Dr. Frank Habineza mu karere ka Rulindo yavuze ko ubushomeri buzaba amateka
Abitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza muri Rulindo banyuzwe
Abitabiriye ukwiyamamaza mu karere ka Gakenke Banyuzwe na gahunda yo guhashya ubushomeri
Green party yakiriwe neza mu karere ka Gakenke
Icyizere kirahari mu rubyiruko cyo kwigobotora ubushomeri
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show