English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Impunzi ziri mu Rwanda zahawe ihumure ryo gukomeza kubaho neza 

Guverinoma y’u Rwanda yatanze ikizere ku mpunzi zose ziri ku butaka bw’u Rwanda ko zigomba gukomeza gufatwa neza nk'ibisanzwe hatitawe ku biherutse gutangazwa n’ishami rya Loni rishinzwe impunzi HCR aho ryavuze ko mu Rwanda impunzi zihari zifashwe nabi.

Hashize iminsi u Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ko rutumva impamvu UNHCR irushinja ibinyoma ku bijyanye n’abimukira bava mu Bwongereza nyamara igakomeza gukorana narwo  ku bimukira bava mu bindi bihugu by'Afurika.

Iryo tangazo ryaragiraga riti” Uyu muryango usa nk’ushaka kwerekana ibirego bihimbano mu nkiko z’u Bwongereza ku bijyanye n’uko u Rwanda rufata abasaba ubuhunzi, mu gihe ukomeje gufatanya natwe kuzana abimukira b’abanyafurika bava muri Libya kugira ngo babone umutekano mu Rwanda binyuze mu kigo kinyurwamo by’igihe gito.”

Minisitiri w'ibikorwa by'ubutabazi Maj Gen(Rtd) Albert Murasira mu kiganiro yagiranye n'ikigo cy'igihugu cy'itangazamakuru RBA yavuze ko nta kizahinduka mu  buryo u Rwanda rufata impunzi ziri kubutaka bwarwo.

Ati"Baranabibona mu bikorwa uburyo u Rwanda rwakira impunzi n’uburyo tubitaho, ni ibyavuzwe benshi baranabibona ko ari ibinyoma ukurikije umubare w’impunzi twakira n’uburyo tubafata.”

Maj Gen(Rtd) Albert Murasira yavuze ko nubwo hari ibihugu birimo u Burundi na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo bigira ubushake buke mu gucyura impunzi zabyo ziri mu Rwanda yavuze ko bitabuza u Rwanda gucyura ababyifuza bagasubira mu bihugu byabo.

Kugeza ubu u Rwanda rucumbikiye impunzi zisaga ibihumbi 135 ariko umubare munini akaba ari uwo impunzi zituruka muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo ndetse no mu Burundi.



Izindi nkuru wasoma

Ubwitabire budasanzwe mu kwakira Dr.Frank Habineza Gisagara na Ruhango (AMAFOTO)

Gakenke:Abagore 33 biyamamarije kujya mu Nteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda

Mpayimana Philippe yijeje Abanyamusanze ko nibamutora azahindura rimwe mu mategeko y'u Rwanda

Kirehe “Litiro 100 z’amazi y’ubuntu kuri buri rugo buri munsi “Dr. Frank Habineza

Rwanda:Kuki Akato n’ihezwa bigikorerwa abafite virusi itera SIDA?



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-06-20 13:38:58 CAT
Yasuwe: 61


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Impunzi-ziri-mu-Rwanda-zahawe-ihumure-ryo-gukomeza-kubaho-neza-.php