English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Impinduka mu ntambara ya Kivu: Abacanshuro ba FARDC banyujijwe mu Rwanda basubizwa iwabo.

Mu gihe intambara muri Kivu y'Amajyaruguru ikomeje gufata indi ntera, abacanshuro barwaniraga ku ruhande rw’ingabo za Leta ya Congo (FARDC) bagiye kunyuzwa mu Rwanda basubizwa mu bihugu byabo, nk’uko biteganywa n’amategeko mpuzamahanga.

Aba barwanyi bari bamaze igihe bahanganye n’umutwe wa M23 mu bice bitandukanye nka Kitshanga, Sake na Kanyabayonga. Bari banagize uruhare mu kurinda ikibuga cy’indege cya Goma, ariko nyuma yo gutsindwa, bamwe bahungiye mu kigo cya MONUSCO.

Koherezwa mu bihugu byabo ni igikorwa kigamije kubahiriza amategeko mpuzamahanga no gukemura ikibazo cy’abacanshuro bari mu ntambara ya Congo. Iki cyemezo gishobora kugira ingaruka ku mikirize y’intambara, kuko FARDC yari isanzwe ibafata nk’inkingi ya mwamba mu guhangana na M23.



Izindi nkuru wasoma

U Rwanda rwahagaritse ubufatanye n'u Bubiligi mu mishinga yari ifite agaciro ka miliyari 131 Frw.

U Rwanda rwagize urufunguzo mu gukuraho impungenge z’Abanyekongo bahunze imirwano.

Ubuhamya bwa Nsabimana wagarutse mu Rwanda nyuma yo gufungirwa muri Bukavu azira $ 200.

Intambara ya Congo ntishobora kuba iy’Akarere- Perezida Sassou-Nguesso.

Ibihano si igisubizo ku Rwanda, ibiganiro nibyo by’ingenzi - Perezida Denis Sassou-Nguesso.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-29 10:38:07 CAT
Yasuwe: 142


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Impinduka-mu-ntambara-ya-Kivu-Abacanshuro-ba-FARDC-banyujijwe-mu-Rwanda-basubizwa-iwabo.php