English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ikihishe inyuma y’ifungwa ry’amashuri yose muri Sudani y’Epfo.

Muri Sudani y’Epfo hafashwe icyemezo cyo gufunga amashuri yose kubera ubushyuhe bukabije, butuma abanyeshuri bikubita hasi.

Ni icyemezo cyafashwe guhera ku wa Kane tariki 20 Gashyantarre 2025, bikaba byemejwe ko kizamara ibyumweru bibiri nta shuri na rimwe rifunguye, kubera ko ubushyuhe bukabije burimo gutuma abanyeshuri bitura hasi.

Ni inshuro ya kabiri icyo gihugu guhuye n’icyo kibazo gifatwa nk’igiterwa n’ingaruka y’ihindagurika rikabije ry’ikirere, rinajyana n’imyuzure myinshi ikunze kwibasira Sudani y’Epfo mu gihe cy’imvura. Mu mwaka ushize wa 2024, muri Gashyantare-Werurwe nabwo amashuribitewe n’ubushyuhe bukabije yarafunzwe.

Minisitiri wungirije w’Uburezi wa Sudani y’Epfo, Martin Tako Moi yagize ati “nibura abanyeshuri 12 bikubita hasi buri munsi mu Mujyi wa Juba”.

Minisitiri w’ibidukikije, Josephine Napwon Cosmos yasabye abaturage kuguma mu nzu zabo bakanywa amazi ahagije, kuko igipimo cy’ubushyuhe ubu kigeze kuri 42 (42 degrees Celsius) kandi bikaba biteganyijwe ko bukomeza kuzamuka.

Minisitiri Napwon yasabye abakozi ba Leta gukora amasaha macyeya bagasimburana ‘work in shifts’, kugira ngo birinde ingaruka ziterwa n’ubushyuhe bukabije zishobora kubageraho.

Abakora mu rwego rw’uburezi basabye Leta guhindura gahunda y’amashuri, akazajya afunga muri Gashyantare akongera gufungura muri Mata, mu gihe ubushyuhe butangiye kugabanuka.

Sosiyete sivile yitwa ‘Integrity South Sudan’, yanenze Guverinoma kuba itarashyizeho ingamba zikwiye zo guhangana n’ibihe bikomeye by’ubushyuhe, ku buryo uko gufunga amashuri bitewe n’ubushyuhe, ngo ari ikigaragaza ko Leta yananiwe guha agaciro gakwiye uburezi bw’abana ba Sudani y’Epfo.

Sudani y’Epfo, ifite urwego rw’ubuzima rwahungabanye kubera gushegeshwa n’intambara, yo guhera mu 2013 kugeza mu 2018 ubwo hasinywaga amasezerano y’amahoro hagati y’impande zari zihanganye muri iyo ntambara, uruhande rwari ruhagarariwe na Perezida Salva Kiir, na visi Perezida we Riek Machar, igahagarara imaze guhitana ubuzima bw’abagera ku 400,000.



Izindi nkuru wasoma

Ikihishe inyuma y’ifungwa ry’amashuri yose muri Sudani y’Epfo.

U Rwanda rusaba RDC gushyigikira inzira z’amahoro muri Congo. Ibyo Amb. Ernest yeretse Loni.

Icyakurikiyeho nyuma yuko umugore atawe muri yombi azira gukata igitsina cy’umugabo we.

Mbappé yatsinze hat-trick, Real Madrid isezerera Manchester City muri Champions League.

RDC: Abasirikare n’Abasivili basaga 500 barekuwe muri gereza ya Mulunge mu gihe M23 isatira Uvira.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-22 15:21:42 CAT
Yasuwe: 10


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ikihishe-inyuma-yifungwa-ryamashuri-yose-muri-Sudani-yEpfo.php