English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Igikombe cy’Amahoro: Ni nde uzuzuza urutonde rw’amakipe 8 akina 1/4? Dore uko bazahura.

Nyuma y’imikino yo kwishyura ya 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro yakiniwe ku wa Kabiri, tariki 18 Gashyantare, no ku wa Gatatu, tariki 19 Gashyantare 2025, hamaze kumenyekana amakipe arindwi azakina 1/4 cy’irangiza.

Gusa haracyategerejwe umukino umwe usigaye, uzasiga hamenyekanye ikipe ya munani izuzuza urutonde rw’izi kipe zakomeje.

Police FC na AS Kigali ziteganyijwe guhura muri 1/4

Police FC, ifite iki gikombe, yakomeje nyuma yo gusezerera Nyanza FC ku giteranyo cy’ibitego 4-2. Mu mukino wo kwishyura, Police FC yatsinze ibitego 3-0 byinjijwe na Chukma, Byiringiro Lague na Mugisha Didier. Iyi kipe izacakirana na AS Kigali yasezereye Vision FC ku giteranyo cy’ibitego 2-1. Mu mukino wo kwishyura, AS Kigali yanganyije na Vision FC igitego 1-1, aho Emmanuel Okwi yafunguye amazamu, ariko Twizerimana Onesime aza kugombora.

APR FC izacakirana na Gasogi United

APR FC yanyagiye Musanze FC ibitego 4-0 mu mukino wo kwishyura, ishimangira insinzi yayo ku giteranyo cy’ibitego 4-0. Iyi kipe y’ingabo yatsindiwe na Lamine Bah, Ruboneka Jean Bosco (ibitego 2), na Mamadou Sy. Muri 1/4, APR FC izahura na Gasogi United yasezereye AS Muhanga ku giteranyo cy’ibitego 3-1.

Amagaju FC na Mukura VS bazacakirana.

Amagaju FC yatsinze Bugesera FC ku giteranyo cy’ibitego 2-1, ishimangira itike yayo muri 1/4. Iyi kipe izahura na Mukura VS yasezereye Intare FC ku giteranyo cy’ibitego 2-0.

Rayon Sports itegereje uzava hagati ya Gorilla FC na City Boys

Rayon Sports FC yasezereye Rutsiro FC ku giteranyo cy’ibitego 4-1, inahita ibona itike ya 1/4. Gusa, iracyategereje kumenya uwo izahura na we hagati ya Gorilla FC na City Boys, kuko ari wo mukino wonyine usigaye ngo hamenyekane ikipe ya munani ikomeza muri 1/4.

Ikipe izitwara neza muri uyu mukino wa nyuma wa 1/8 ni yo izuzuza urutonde rw’amakipe azakina 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro 2025.



Izindi nkuru wasoma

Dore imyanzuro yafatiwe mu nama yahuje Abakuru b’Ibihugu bya EAC na SADC

Gen Muhoozi yaganiriye n’abanyeshuri ba Nyakinama ku cyerekezo cy’umutekano wa Afurika

Urukundo, ubutinganyi, cyangwa se ibihesha ishema abagore: Dore filime zo kureba muri iki cyumweru

Umunyezamu wa Bayer Leverkusen, Tella yikuye mu ikipe y’Igihugu ya Nigeria izakina n’u Rwanda

APR FC irakina na Gasogi United mu mukino ubanziriza iy’umunsi wa 21, Icyo imibare yerekana



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-20 10:21:01 CAT
Yasuwe: 116


Comments

By NISHIMWE Alain Lande on 2025-02-24 04:38:36
 biragoye ku gikura kuri APR



Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Igikombe-cyAmahoro-Ni-nde-uzuzuza-urutonde-rwamakipe-8-akina-14-Dore-uko-bazahura.php