Icyakurikiyeho nyuma yuko Perezida Trump asinye itegeko rikumira abakinnyi bihinduje ibitsina.
Ku wa 5 Gashyantare 2025, Perezida Donald Trump yasinye itegeko rikumira abagabo bihinduje ibitsina gukina mu mikino yateganyirijwe abagore. Iri tegeko kandi ryashyizweho nyuma y’igihe gito hafashwe ibindi byemezo bikakaye kubihinduje ibitsina, rije kandi nyuma y’ibyemezo byafashwe ku bijyanye n'ababana bahuje ibitsina, ryatumye impaka zikomeza kwaduka mu gihugu hose.
Perezida Trump, mu muhango wo gushyira umukono kuri iri tegeko, yavuze ko "intambara yabaga mu mikino y’abagore irarangiye," ashimira kandi abagize uruhare mu gushyigikira iri tegeko, harimo na Riley Gaines, umukinnyi wabayeho w'umukino wo koga kandi azwiho kuvuganira abagore mu mikino.
Iri tegeko rizafasha gukumira ikibazo cy’abakinnyi bihinduje ibitsina bashaka kwitabira imikino y’abagore, ndetse n’ibyemezo bigamije kurinda uburenganzira bwa buri wese mu mikino.
Perezida Trump yasabye kandi Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, kuganira na Komite Olempike ku Isi kugira ngo Amerika ikomeze kwemeza ko abakinnyi bihinduje ibitsina batazemererwa gukina mu mikino ya Olempike izabera i Los Angeles mu 2028.
Iri tegeko ryashyizweho rikomeje gutera impaka mu muryango mugari, aho abenshi bavuga ko ari ngombwa gukumira abakinnyi bihinduje ibitsina kugira ngo hagarurwe agaciro ku bagore bakina muri siporo, mu gihe abandi bagaragaza impungenge ku bwigenge bw'abantu bafite amahitamo yo guhindura ibitsina.
Umukinnyi w'icyamamare wa Golf, Hailey Davidson, yahise asezera burundu ku mukino wa Golf nyuma yo kumva ko iri tegeko ryashizweho, ibintu bikomeje kugaragaza ingaruka z'iri tegeko ku buzima bw'abakinnyi mu buryo butandukanye.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show