Ibitero by’Inyeshyamba za M23 mu Mujyi wa Bukavu: Ibyo abaturage batangaje.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, amasasu yumvikanye mu bice bitandukanye by’umujyi wa Bukavu, aho inyeshyamba za M23 zamaze kwigarurira umujyi. Abaturage batangaje ko amasasu yavugiraga hafi y’umupaka wa Bukavu na Cyangugu, bitera ubwoba bwinshi mu batuye uyu mujyi.
Nubwo kugeza ubu hakiri urujijo ku byabaye nyirizina, abatuye Bukavu bahisemo kuguma mu ngo zabo, ubwoba bwinshi bukaba bwatewe no kubona abantu bitwaje intwaro bari mu mihanda. Amakuru aturuka mu mujyi wa Bukavu yemeza ko inyeshyamba zigaruriye ibice by’ingenzi by’umujyi, birimo ibiro bya guverineri, inyubako ya mairie, ndetse n’ahazwi nka Kazingo ku muryango winjira mu mujyi uvuye mu majyaruguru.
Ku muhanda werekeza i Uvira, abantu bitwaje intwaro babonetse basahura amaduka n’amazu y’ubucuruzi, bituma abaturage barushaho gutinya.
Isahurwa rikomeje kwiyongera
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 14 Gashyantare, ibitero by’isahura byabaye mu gace ka Kadutu. Abaturage batangaje ko urubyiruko rwaje rwinjira mu maduka ku ngufu, basahura ibicuruzwa mbere yo gutwika isoko. Ku wa Gatandatu mu gitondo, bamwe mu baturage bagaragaye batwaye imifuka y’ibiribwa n’ibindi bicuruzwa byinshi biribwa.
Ahandi hagabwe ibitero by’isahura ni hafi y’uruganda rwa Bralima, aho ububiko butandukanye bwibasiwe. No ku kibuga cy’Indepandansi, amwe mu maduka yarasenywe ubwo inyeshyamba zafataga umujyi.
Abayobozi benshi bahunze umujyi
Amakuru aturuka mu nzego z’imbere mu ntara avuga ko abayobozi benshi bahunze Bukavu mbere y’uko ugotwa n’inyeshyamba. Icyakora, bamwe muri bo bari gukoresha imbuga nkoranyambaga basaba abaturage kwitwara neza.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, Alain Kahasha uzwi nka Foka Mike, yasabye abaturage kugira ubumwe no kurinda iby’abandi mu gihe ibintu bikomeje kuba bibi mu mujyi.
Kugeza mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, ibikorwa byose by’imibereho n’ubukungu byari byahagaze muri Bukavu, abantu bakaba bagikomeje kuguma mu ngo zabo kubera ubwoba bw’ibirimo kuba.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show