English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Goma na Bukavu: Inzira z’amazi zigiye gukora amasaha 24/24 nk'uko byasohotse mu itangazo.

Guverineri wa Kivu ya Ruguru, Bahati Musanga Erasto, yatangaje ko ingendo n’ubwikorezi bw’ibicuruzwa hagati y’imijyi ya Goma na Bukavu bigiye gukomeza amasaha 24 kuri 24, guhera kuri uyu wa Kabiri saa kumi n'ebyiri za mu gitondo (6h00).

Mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Gashyantare 2025, Guverineri yasabye abashinzwe gutwara abantu n’ibicuruzwa, ndetse n’izindi nzego bireba, gufata ingamba zose kugira ngo iyi gahunda nshya ishyirwe mu bikorwa neza.

Ibi bikaba byitezweho koroshya urujya n’uruza rw’ibicuruzwa n’abagenzi hagati ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, no gufasha ubukungu bw’aka karere kuzamuka.

Icyemezo nk’iki kandi cyitezweho gufasha ubucuruzi n’itumanaho hagati ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, dore ko imbogamizi z'amasaha y’akazi zari zisanzwe zibangamira ubuhahirane.

Iki cyemezo gifashwe mu gihe akarere ka Kivu gakomeje kugira ibibazo by'umutekano, ariko ubuyobozi bugashimangira ko ubucuruzi n’iterambere bidakwiye guhagarara.



Izindi nkuru wasoma

Goma: General Nyitetesia apfanye amabanga akomeye

Visit Rwanda: Arsenal na PSG zigiye guhurira muri 1/2

Goma haratemba ituze - Umunyapolitiki w’Ubudage yatangaje uko yasanze ibintu byifashe

Ingabo za SADC zigiye gutaha zinyuze mu Rwanda nyuma yo gushyirwaho Igitutu na M23

Uko umutekano wifashe i Goma nyuma y’urusaku rw’imbunda ziremereye zaraye zumvikanye yo



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-17 16:19:20 CAT
Yasuwe: 105


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Goma-na-Bukavu-Inzira-zamazi-zigiye-gukora-amasaha-2424-nkuko-byasohotse-mu-itangazo.php