Hasinywe inyandiko y’amahame azagena amasezerano hagati ya AFC/M23
I Doha muri Qatar ahakomeje kubera ibiganiro by’imishyikirano hagati y’Ihuriro AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hateganyijwe gutangazwa ku mugaragaro amahame yashyizweho umukono hagati y’impande zombi azagena amasezerano, anagaragaza ibimaze kugerwaho muri ibi biganiro.
Byari biteganyijwe ko mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Gatanu ku isaha saa tatu n’igice (21:30’) i Doha muri Qatar ku cyicaro cya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki Gihugu hakorwa ikiganiro n’itangazamakuru kuri ibi biganiro Guverinoma y’iki Gihugu iri gufashamo AFC/M23 na Guverinoma ya Congo.
Gusa iki kiganiro nticyabaye ahubwo cyimuriwe kuri uyu wa Gatandatu nk’uko amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, abyemeza.
Biteganyijwe ko muri iki kiganiro n’abanyamakuru haza kugarukwa ku byagezweho muri ibi biganiro muri iki gihe cy’ibyumweru bibiri.
Hateganyijwe kandi ko hatangazwa amahame azagena amasezerano azasinywa hagati y’impande zombi, nk’igikorwa gishimangira intambwe imaze guterwa muri ibi biganiro biyobowe na Guverinoma ya Qatar.
Ni inyandiko ya kabiri igiye gusinywa hagati y’impande zombi nyuma y’iyo ku wa 22 Mata 2025 aho ubutegetsi bwa Congo Kinshasa na AFC/M23 “bari biyemeje gukorana kugira ngo bagere ku mwanzuro wo guhagarika imirwano.” Nubwo ibi bitigeze bigerwaho kugeza ubu, dore ko hakomeje kumvikana imirwano mu bice binyuranye mu burasirazuba bwa DRC.
Amakaru yamenyekanye kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Nyakanga, ni uko impande zombi zashyize umukono ku nyandiko y’amahame azagenda amasezerano azasinywa hagati y’Ihuri AFC/M23 na Guverinoma ya Congo.
Ibi biganiro hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo, biri kuzuza amasezerano y’amahoro aherutse gushyirwaho umukono hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC yasinyiwe i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America tariki 27 Kamena.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show