Guverinoma yatangaje impinduka mu misoro mu mwaka w'ingengo y'imari wa 2024/25
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje impinduka mu misoro mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024/25, igabanya amahoro ku bicuruzwa bitumizwa mu mahanga birimo umuceri, isukari n’ibindi bicuruzwa byinjira mu gihugu, ariko izamura amahoro ku myenda n’inkweto bya caguwa.
Mu ngengo y’imari ya miliyari 5,690.1 Frw yagenewe umwaka wa 2024/2025, amafaranga aturuka imbere mu gihugu hamwe n’inguzanyo byihariye 87% by’ingengo y’imari yose. Ni mu gihe Ikigo cy’Imisoro n’amahoro cyahawe intego yo gukusanya miliyari 3,061.2 Frw, bihwanye na 54%.
Kugira ngo bigerweho, Guverinoma yateganyije impinduka zikomeye mu misoro “hagamijwe gufasha abaturage kubona ibikenerwa by’ibanze, guteza imbere gahunda ya Made in Rwanda no guteza imbere ubukungu budashingiye ku guhererekanya amafaranga mu ntoki, kwihutisha no gushyigikira gahunda yo kuzahura ubukungu nyuma y’ibibazo byabayeho mu bukungu mpuzamahanga, no guteza imbere gahunda z’ubukungu zirengera ibidukikije”.
Ni ingingo zigaragara mu gitabo gisobanurira abaturage imiterere y’ingengo y’imari ya 2024/2025, cya Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, MINECOFIN.
Umuceri uzishyura amahoro ku bicuruzwa byinjira mu Gihugu ku gipimo cya 45% cyangwa $ 345/MT aho kuba 75%. Isukari izishyura amahoro ku bicuruzwa byinjira mu Gihugu ku gipimo cya 25% kuri 70,000 MT aho kuba 100% cyangwa $ 460/MT.
Ibicuruzwa byinjizwa mu gihugu bigenewe Isoko ry’Inzego zishinzwe umutekano (AFOS) byo bizishyura amahoro ku bicuruzwa byinjira mu Gihugu ku gipimo cya 0% aho kuba 25%.
Imashini nini (Road Tractors for Semi Trailers) zizishyura amahoro ku bicuruzwa byinjira mu Gihugu ku gipimo cya 0% aho kuba 10%. Imodoka zitwara ibicuruzwa bifite uburemere burenze Toni 5 ariko butarenze Toni 20 zizishyura ku gipimo cya 10% aho kuba 25%; Imodoka zitwara ibicuruzwa bifite uburemere burenze Toni 20 zizishyure amahoro ku bicuruzwa byinjira mu Gihugu ku gipimo cya 0% aho kuba 25%.
Bisi zitwara abantu barenze 25 zizishyura amahoro ku bicuruzwa byinjira mu Gihugu ku gipimo 10% aho kuba 25%. Imodoka zitwara abantu 50 kuzamura zo zizishyura amahoro ku bicuruzwa byinjira mu Gihugu ku gipimo cya cya 0% aho kuba 25%.
Imashini zo mu nganda n’ibikoresho by’ibanze bikoreshwa mu gukora imyenda n’inkweto bizishyura amahoro ku gipimo cya 0% aho kuba 10% cyangwa 25%. Ibikoresho by’itumanaho byo bizishyura amahoro ku bicuruzwa byinjira mu Gihugu ku gipimo cya 0% aho kuba 25%.
Ni mu gihe urutonde rw’ibikoresho by’ibanze bizemezwa, bikoreshwa mu nganda, bizishyura umusoro ku gipimo cya 0% aho kuba 10%, 25% cyangwa 35%.
Ibikoresho bifasha mu guhererekanya amafaranga mu buryo bw’ikoranabuhanga (smart cards, point of sale, cash registers, na cashless machines) byo bizishyura amahoro ku bicuruzwa byinjira mu Gihugu ku gipimo cya 0% aho kuba 25%.
Amavuta atunganyije yo guteka yo azishyura umusoro ku bicuruzwa byinjizwa mu gihugu ku gipimo cya 25% aho kuba 35%.
Imyenda yambawe izishyura amahoro ku bicuruzwa byinjira mu Gihugu angana na $2.5/kg aho kuba $0.4/kg cyangwa 35% iyo bibaye byinshi, mu gihe inkweto zambawe zizishyura $5/kg aho kuba $0.4/kg cyangwa 35% iyo bibaye byinshi.
Ibicuruzwa bifite ubuso bw’icyuma cyangwa ibyuma byoroshye, byo bizishyura amahoro ku bicuruzwa byinjira mu Gihugu ku gipimo cya 0% aho kuba 10%.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show