English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Gukangurira Abagore n’Urubyiruko gufata Inguzanyo: Icyerekezo gishya ku Bukungu bw’u Rwanda

Mu rwego rwo kongerera ubushobozi bw’abagore n’urubyiruko mu Rwanda, inzego zishinzwe imari zateguye umushinga mushya w’ikigega cyitwa Microfinance Liquidity Fund (MLF), kizafasha iyi miryango kubona inguzanyo ku nyungu zoroheje. Iki kigega, kizashyirwa mu bikorwa bitarenze umwaka wa 2025, giteganya gufasha abagore n’urubyiruko batari kubasha kubona inguzanyo kubera imbogamizi zirimo kubura ingwate no kutagira ubushobozi bwo kubona amafaranga.

Ishyirahamwe ry’Ibigo by’Imari mu Rwanda (AMIR) hamwe n’Ikigo cyorohereza abantu kubona serivisi z’Imari (Access to Finance Rwanda/AFR) bazayobora iki kigega mu bufatanye n’izindi nzego zirimo Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) ndetse na Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR). Iyi gahunda izafasha mu kugabanya ubukene no kuzamura ubwizigame bw’Abanyarwanda, by’umwihariko abagore n’urubyiruko, binyuze mu bikorwa by’imari bibasha kubagezaho inguzanyo zoroheje.



Izindi nkuru wasoma

U Rwanda rwifatanyije na Qatar nyuma y’igitero cya Misile Iran yarashe ku Kigo cya Gisirikare

Ubuyapani bwananiwe gufata uruhande ku bushyamirane bwa Amerika na Iran

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Kigali-Gakenke, ubu nturi nyabagendwa

Izajya ihabwa n’abakivuka:Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Ubwicanyi, gufata ku ngufu n’iyica rubozo - Impuruza ya Volker ku byabaye mu burasirazuba bwa DRC



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-15 14:12:02 CAT
Yasuwe: 161


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Gukangurira-Abagore-nUrubyiruko-gufata-Inguzanyo-Icyerekezo-gishya-ku-Bukungu-bwu-Rwanda.php