English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Gen Muhoozi yaganiriye n’abanyeshuri ba Nyakinama ku cyerekezo cy’umutekano wa Afurika

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari kumwe na mugenzi we w’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, basuye Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama mu Karere ka Musanze. Mu ruzinduko rwe, Gen Muhoozi yaganiriye n’abanyeshuri bahiga ndetse atanga ikiganiro cyibanze ku bufatanye bwa gisirikare mu kubaka Afurika itekanye.

Gen Muhoozi uri mu ruzinduko mu Rwanda kuva ku wa Kane, yakiriwe n’umuyobozi w’iri shuri, Brig Gen Andrew Nyamvumba, maze atambagizwa ibice byaryo, aho yateye igiti nk’ikimenyetso cyo kubungabunga ibidukikije.

Mu ijambo rye, Gen Muhoozi yagaragaje ubufatanye bw’amateka hagati ya Uganda n’u Rwanda, avuga ko ari umusingi ukomeye mu gukemura ibibazo by’umutekano bishobora kuvuka muri Afurika y’Iburasirazuba.

Yagize ati: Hamwe n’ubushobozi bw’ibyo bisirikare byombi bikomeye, nta kibazo na kimwe cyatunanira tubishyizeho umuhate."

Mu kiganiro yatanze, Gen Muhoozi yibanze ku nsanganyamatsiko yerekeye ubufatanye mu by’umutekano mu gutegurira Afurika itekanye, asaba abanyeshuri guharanira iterambere ry’umugabane no gushyira imbere indangagaciro za Pan-Africanism.

Yagize ati: “Ni ingenzi ko nk’Abanyafurika twikorera ubucukumbuzi bw’ibibazo byacu kandi tugashaka ibisubizo bidahungabanya inyungu z’abaturage bacu.”

Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama uyu mwaka ryakiriye abanyeshuri 108 baturutse mu bihugu 20 birimo Rwanda, Uganda, Kenya, Tanzania, Ethiopia, Nigeria, South Sudan, Ghana, n’ibindi.

Uruzinduko rwa Gen Muhoozi rugaragaza imibanire ishimangirwa hagati ya Uganda n’u Rwanda, ndetse rukaba ikimenyetso cy’ubushake bwo gukomeza gukorera hamwe mu kubaka umutekano n’iterambere rirambye mu karere.

 



Izindi nkuru wasoma

Gen Muhoozi yasabye M23 gufata Kisangani vuba cyangwa UPDF ikabikora

Gen Muhoozi yaganiriye n’abanyeshuri ba Nyakinama ku cyerekezo cy’umutekano wa Afurika

Ibisobanuro: Abadepite b’Afurika y’Epfo bahangayikishijwe n’itaha ry’Ingabo za SADC muri RDC

Gukangurira Abagore n’Urubyiruko gufata Inguzanyo: Icyerekezo gishya ku Bukungu bw’u Rwanda

Afurika y'Epfo yavuze ku cyemezo cyo gukura Ingabo muri RDC inakomoza ku basirikare 14 baguyeyo



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-22 09:39:39 CAT
Yasuwe: 18


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Gen-Muhoozi-yaganiriye-nabanyeshuri-ba-Nyakinama-ku-cyerekezo-cyumutekano-wa-Afurika.php